• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Goma: Abaturage bakoze imyigaragambyo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 22, 2025
in Amakuru
0
Goma: Abaturage bakoze imyigaragambyo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu mujyi wa Goma, uherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaturage benshi babyukiye mu myigaragambyo ikomeye yamagana icyemezo cyo kongerera igihe ingabo za MONUSCO, ndetse n’amagambo aherutse gutangazwa na Perezida Félix Tshisekedi asaba ko ihuriro AFC/M23 ryava mu bice byose ryigaruriye.

Iyi myigaragambyo yatangiye mu masaha ya kare yo ku wa Mbere, tariki ya 22 Ukuboza 2025, aho imbaga y’abaturage yafunze imihanda itandukanye yo muri uyu mujyi umaze hafi umwaka uyoborwa na AFC/M23.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Ibi bibaye nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wemeje kongera igihe cy’ubutumwa bwa MONUSCO muri RDC, bukazageza ku wa 20 Ukuboza 2026, icyemezo cyateye impungenge n’umujinya mu baturage bamwe bavuga ko izo ngabo zananiwe inshingano zazo zo kubungabunga umutekano.

Byongeye, mu minsi ishize Perezida Tshisekedi yongeye gushinja ihuriro AFC/M23 kurwanya ubutegetsi bwe ashimangira ko rigomba gusohoka mu bice byose rifiteho ububasha. Ibi byakiriwe nabi n’abaturage batuye mu duce tugenzurwa n’iryo huriro, bagaragaza ko bamaze kubona umutekano n’amahoro atari asanzwe abaho mbere.

Bamwe muri bo bavuze ko amagambo ya Perezida “akwiriye kuvugirwa ahandi”, kuko ngo ubuzima bwabo bwahindutse kuva AFC/M23 yafata ubuyobozi muri ibyo bice, aho bavuga ko batekanye kurusha mbere.

Abaturage bo muri Goma kandi bagaragaje impungenge n’agahinda batewe n’uko AFC/M23 yavuye mu mujyi wa Uvira, bavuga ko bibabaje kubona bagenzi babo basubira mu bibazo by’umutekano nyamara bari batangiye kubona agahenge.

Igihe AFC/M23 yatangazaga icyemezo cyo gukura ingabo zayo muri Uvira, abaturage baho bahise basohoka mu mihanda bamagana icyo cyemezo, bavuga ko umutekano n’amahoro byari bimaze gutangira kugaruka.

Nubwo bimeze bityo, iri huriro ryatangaje ko ritazatererana abaturage ba Uvira, rinasaba ko uwo mujyi warindwa n’ingabo zitabogamiye ku ruhande urwo ari rwo rwose, mu rwego rwo kurinda umutekano w’abawutuye.

Previous Post

Perezida w’u Burundi yateguje imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Next Post

Abasirikare b’u Burundi bateye utwatsi umwambaro wa FARDC banga kuwambara

Next Post
Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze imyitwarire mibi iri kuranga abasirikare b’u Burundi nyuma yo gukubitwa incuro bagakwira imishwaro

Abasirikare b’u Burundi bateye utwatsi umwambaro wa FARDC banga kuwambara

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved