• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umutwe wa twirwaneho ufatanyije na AFC/M23 bigaruriye utundi duce

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 14, 2025
in Amakuru
0
Umutwe wa twirwaneho ufatanyije na AFC/M23 bigaruriye utundi duce
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kuri uyu wa Gatandatu, umutwe wa Twirwaneho ukorana n’ihuriro AFC/M23 wagaragaye winjiye mu gace ka Kipupu, gaherereye muri Gurupema des Bashimukindje, mu misozi ya teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Aka gace kabarizwamo icyicaro cya Segiteri ya Itombwe.

Amakuru aturuka mu baturage avuga ko abarwanyi ba Twirwaneho bageze muri Kipupu ku manywa, baturutse mu gace ka Mikenge. Ibi byabaye nyuma y’iminsi mike ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’iz’u Burundi, zitakaje umujyi wa Uvira mu mirwano iheruka kubera muri ako karere.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Umuturage umwe waganiriye na ACTUALITE.CD yavuze ko abaturage batunguwe no kubona abo barwanyi bafite intwaro nyinshi binjiye muri Kipupu, bituma bamwe mu baturage bahitamo guhunga. Gusa yavuze ko kwinjira kwa Twirwaneho kwabaye mu mutuzo, nta kurasana kwabaye.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abarwanyi ba Twirwaneho bagenda ku murongo umwe, mu ituze, nta magambo menshi ndetse nta rusaku rw’imbunda.

Ibi bibaye mu gihe ihuriro AFC/M23 rikomeje gushyirwaho igitutu n’amahanga nyuma yo kwigarurira umujyi wa Uvira. Icyakora, ibi bibera mu rwego mpuzamahanga rwiganjemo ibiganiro, aho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hasinyiwe amasezerano y’amahoro hagati ya Congo n’u Rwanda, mu gihe AFC/M23 nayo ikomeje ibiganiro na Leta ya Congo bibera i Doha muri Qatar.

AFC/M23 ivuga ko amasezerano yasinyiwe i Washington DC atayireba, kuko ngo yibanda ku mubano w’u Rwanda na Congo, aho idafata ku mizi ibibazo by’umutekano n’imiyoborere biri imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Previous Post

Nyuma y’ibyavuzwe byose mu nama ya Loni yaraye ibaye ihuriro AFC/M23 naryo risohoye itangazo

Next Post

Wazalendo yavuze ko mu minsi 18 gusa iraba yisubije Uvila ndetse igeze no muri Kigali

Next Post
Wazalendo yavuze ko mu minsi 18 gusa iraba yisubije Uvila ndetse igeze no muri Kigali

Wazalendo yavuze ko mu minsi 18 gusa iraba yisubije Uvila ndetse igeze no muri Kigali

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved