• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyuma y’ibyavuzwe byose mu nama ya Loni yaraye ibaye ihuriro AFC/M23 naryo risohoye itangazo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 13, 2025
in Amakuru
0
Nyuma y’ibyavuzwe byose mu nama ya Loni yaraye ibaye ihuriro AFC/M23 naryo risohoye itangazo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kuva ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza 2025 kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza 2025, ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, zagabye ibitero bikomeye ku baturage b’Abanyamulenge batuye mu bice bya Mikenge na Rwesankuku, muri Kivu y’Epfo.

Nk’uko iri huriro ribivuga mu itangazo ryasohoye, rivuga ko ibi bitero byifashishije indege z’intambara, kajugujugu ndetse n’indege zitagira abapilote (drones), bivugwa ko byaturutse ku butaka bw’u Burundi, bigaba ibisasu ku midugudu ituwe cyane.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

AFC/M23 ivuga ko ibi bitero byibasiye abasivili batari mu bikorwa bya gisirikare, birimo abagore n’abana, aho havugwa ko bamwe bahasize ubuzima mu gihe abandi bahungiye mu bice bitandukanye bahunga umutekano muke.

Iri huriro rikomeza rivuga ko ibi bikorwa bibangamira amategeko mpuzamahanga arengera abasivili mu bihe by’intambara, kandi rikusanya ibimenyetso by’uko byaba bigize ibyaha by’intambara ndetse n’ibyaha byibasira inyokomuntu.

AFC/M23 isaba ko ibi bitero bihagarikwa byihuse, hakabaho iperereza mpuzamahanga ryigenga ku byabaye, ndetse hakagatwa ingamba zikwiye ku butegetsi bwa Kinshasa n’ubw’u Burundi, nk’uko ribivuga.

Rinasaba kandi umuryango mpuzamahanga kudatererana abaturage b’Abanyamulenge, rikibutsa ko umutekano w’abasivili ari inshingano rusange.

Previous Post

U Burundi bweruye buvuga ko isaha n’isaha bushobora kujya mu ntambara n’u Rwanda

Next Post

Umutwe wa twirwaneho ufatanyije na AFC/M23 bigaruriye utundi duce

Next Post
Umutwe wa twirwaneho ufatanyije na AFC/M23 bigaruriye utundi duce

Umutwe wa twirwaneho ufatanyije na AFC/M23 bigaruriye utundi duce

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved