• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umwe mu nkingi za mwamba muri AFC/M23 yiciwe i Goma

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 11, 2025
in Amakuru
0
Umwe mu nkingi za mwamba muri AFC/M23 yiciwe i Goma
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umwe mubahoze bafite inshingano mu ihuriro AFC/M23 Magloire Paluku yitabye imana arasiwe i Goma.

Uwahoze ari umunyamakuru, akaba n’Umujyanama mu Itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, yarasiwe i Goma ahahita yitaba Imana ku wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Paluku Magloire Kavunga, wari inshuti ikomeye n’umujyanama wa Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, yarashwe ari mu muhanda mu Mujyi wa Goma— umaze igihe ugenzurwa n’uyu mutwe. Yagejejwe mu Bitaro Bikuru bya Goma aho yakomeje kwitabwaho n’abaganga ariko bikazakurangira ahasize ubuzima.

Yitabye Imana afite imyaka 58, akaba yaravutse ku wa 12 Ukuboza 1966 i Butembo. Paluku yari umwe mu bantu bazwi cyane mu ruganda rw’umuco no mu itangazamakuru mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yamenyekanye nk’umunyamakuru, umwanditsi, umusizi, umucuranzi, umunyarwenya, ndetse n’umushinga wa Radio Kivu 1, imwe mu maradiyo akomeye muri ako karere.

Uretse ibikorwa bye mu itangazamakuru, Paluku yanabaye Umujyanama mu by’umuco n’ubuhanzi muri Minisiteri y’Umuco ya RDC, mbere yo kwinjira mu Ihuriro AFC/M23 akajya mu itsinda ryo mu Buhuzabikorwa bwaryo.

Muri Nyakanga 2024, izina rye ryagaragaye mu rubanza rw’abantu 25 baregewaga imbere y’Urukiko rwa Gisirikare rwa Gombe, barimo Corneille Nangaa n’abayobozi b’igisirikare cya AFC/M23. Bari bakurikiranyweho ibyaha birimo ubugambanyi, kugira uruhare mu bikorwa by’intambara, n’imyivumbagatanyo mu Burasirazuba bwa Congo. Muri uru rubanza, Paluku yakatiwe igihano cy’urupfu.

Ku birebana n’urupfu rwe, amakuru kugeza ubu aracyari macye, kuko uburyo yarashwemo n’ababigizemo uruhare bitaratangazwa mu buryo bweruye.

AFC/M23 yatangaje itangazo ryemeza urupfu rwe, ivuga ko yapfuye ari kwa muganga nyuma yo kuraswa, ndetse ivuga ko hatangiye iperereza rigamije kumenya icyabiteye n’ababigizemo uruhare.

Previous Post

AFC/M23 yongeye gukozanyaho FRDC ifata utundi duce

Next Post

U Burundi nyuma yo gutsindwa bwafashe icyemezo gikomeye

Next Post
U Burundi nyuma yo gutsindwa bwafashe icyemezo gikomeye

U Burundi nyuma yo gutsindwa bwafashe icyemezo gikomeye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved