gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza 2025, indege yo mu bwoko bw’a kajugujugu z’ubutabazi yaguye mu mazi y’ikiyaga Tanganyika, mu gace ka Yungu muri Teritwari ya Fizi.
Muri iyi mpanuka, umuntu umwe w’umuzungu yayigendeyemo, mu gihe abandi bane—na bo bafite uruhu rwera—babashije kurokoka, nubwo inkomoko yabo itaratangazwa.
Samy Kalonji Badibanga, Umuyobozi wa Teritwari ya Fizi, yatangaje kuri Radio Okapi ko iyo ndege yari iturutse i Uvira yerekeza i Kalemie mu Ntara ya Tanganyika.
Yanyomoje amakuru yari yakwirakwijwe mbere ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko indege yaba yaturutse i Bujumbura. Yanahakanye kandi ibihuha byavugaga ko yaba yarashwe n’umutwe wa AFC/M23.
Ku wa Gatandatu ahagana saa 16:58, hagaragaye amashusho yafashwe n’abaturage bari hafi y’ahabereye impanuka, yemeza ko abantu babiri bafite uruhu rwera barokotse. Mbere yaho, hari hamaze kurohorwa undi wari muri iyo kajugujugu ariko yaje kwitaba Imana.
Kugeza ubu ntiharatangazwa icyateye iriya mpanuka, ariko amakuru yemeza ko hari kajugujugu eshatu zari ziturutse i Bujumbura zigana mu bice bya Uvira, ahari kubera imirwano ikomeye ihuza ingabo za leta ya Congo, iza Burundi ndetse n’imitwe y’abaturage bafatanyije, barwana n’AFC/M23.
Abaturage bari hafi y’ahapfiriye iyo ndege bavuze ko kajugujugu imwe yaguye mu mazi ahagana saa 11:40 ubwo yari mu bikorwa byo gushaka iya ngenzi yayo byari kumwe. Amashusho yakwirakwiye nabwo agaragaza indi kajugujugu izenguruka hejuru y’ikiyaga, abaturage bavuga ko ari yo yari itwaye ikipe yagiye gutabara.
Ibi bibaye mu gihe imirwano mu misozi ikikije Uvira irushaho gukara. Amashusho aheruka yagaragaje umutwe munini w’ingabo z’u Burundi mu makamyo yerekeza muri ako gace, mu gihe AFC/M23 na yo yari yohereje abarwanyi benshi mu bice bihana imbibi na Uvira. Hagitegerejwe kumenya niba intego y’inyeshyamba ari ukwigarurira umujyi wa Uvira, ariko nta makuru yemewe arabivuga.
Nyuma y’amasaha menshi y’ishakishwa ry’umupilote w’iriya kajugujugu yabonetse yapfuye. Abaturage bamubonye bavuze ko na we ari umuzungu. Nta ruhande na rumwe—haba FARDC, ingabo z’u Burundi cyangwa abandi—ruravuga icyateye iyi mpanuka cyangwa icyateye iyo ndege kugwa.




