Urujijo rukomeje kwiyongera ku mpanuka y’indege yo mu bwoko bwa kajugujugu yaguye mu mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika, nyuma y’uko umurambo w’umupilote wari uyitwaye ubonetse mu gitondo cyo kuri uyu munsi.
Nubwo amakuru y’ibanze yamaze kumenyekana, ariko kugeza ubu icyateye iyi ndege kugwa kiracyari mu gihirahiro cyuzuyemo ibibazo byinshi kurusha ibisubizo.
Abaturage bo mu gace ka Yungu, hafi y’umujyi wa Uvira, nibo babonye bwa mbere kajugujugu y’ubutabazi iri kugerageza kwegera aho iyindi bivugwa ko yari kumwe yaguye mu mazi. Bavuga ko byabaye ahagana saa sita na mirongo ine z’amanywa, ariko nta n’umwe ubasha gusobanura icyateye iriya ndege kugwa.
Ababonye uko byagenze bavuga ko kajugujugu ya mbere yabanje kuzenguruka hejuru y’amazi, isa n’ishakisha ibintu bitagaragara, mbere y’uko ibura ubushobozi bwo gukomeza ikagwa mu mazi y’iki kiyaga kirekire, giherereye ku mupaka wa Congo na Burundi.
Iyi mpanuka yabaye mu gihe imisozi ikikije Uvira yakajije imirwano ikomeye ihuza ingabo za Leta ya Congo (FARDC), iza Burundi, abarwanyi ba Wazalendo, ndetse n’umutwe wa AFC/M23 ukomeje kwigarurira ibice bikomeye byegereye umugezi wa Ruvubu.
Ahantu henshi muri ako gace humvikanyemo intwaro ziremereye, ndetse hakomeje kugaragaramo imodoka nyinshi z’ingabo z’u Burundi zerekeza Uvira, mu gihe M23 na yo ikomeje koherezayo abasirikare benshi. Ni imidugararo ikomeje kuzamura impungenge z’abatuye ako karere, kuko hari ababibona nk’ikimenyetso cy’uko urugamba rushobora kwegera umujyi wa Uvira.
Nubwo gufata Uvira bitari byemezwa ku mugaragaro nk’intego ya M23, abasesenguzi bavuga ko imiterere y’ingendo z’ingabo zombi yerekana ko hari igikorwa gikomeye cyegereje.
Nyuma yo gushakisha amasaha menshi, inzego z’ubutabazi zasohoye amakuru y’uko umupilote w’iriya kajugujugu yabonetse yapfuye. Amakuru y’abaturage agaragaza ko uyu mupilote yaba ari “Umunyamahanga w’umuzungu”, ariko nta mpande zemewe zirabivuga ku mugaragaro.
Kugeza ubu, nta rwego na rumwe rwemeza niba iriya ndege yahanuwe, cyangwa niba ari ikibazo cya tekiniki cyatumye ihanuka.
Ibi byose bikomeje gushyira igitutu ku nzego zirimo gukora iperereza, mu gihe abaturage bo mu misozi ya Uvira bahangayikishijwe n’uko umutekano ukomeje kuba muke cyane.
Uko amakuru akomeza kuboneka, turakomeza kuyabagezaho mu buryo bwihuse.




