Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko rimaze iminsi rigenzura ibitero by’ibisasu bikomeye byarashwe mu bice bitandukanye byo muri Kivu y’Epfo, cyane cyane muri Kamanyola, biturutse ku butaka bw’u Burundi.
Ibi bikubiye mu itangazo ryasohotse ku wa Gatanu, ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’iri huriro, Lawrence Kanyuka. Avuga ko ibyo bitero, bimaze iminsi bitatu , byagize ingaruka zikomeye ku baturage.
Kanyuka avuga ko ibisasu “byahitanye abagore n’abana, bikomeretsa abaturage benshi, ndetse bigasenya amazu, ibigo by’amashuri n’amavuriro.” Yongeraho ko indege zitagira abapilote, nazo zakoze ibitero mu bice bituwe muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, ibyabohereza bivuye kubutaka bw’u Burundi nk’uko abivuga.
AFC/M23 ivuga ko ibi bikorwa ari ikimenyetso cy’umugambi mubi w’ubutegetsi bwa Kinshasa wo guhohotera abaturage bo mu burasirazuba bwa Congo, ikemeza ko ibitero byahitanye abantu 23 mu minsi ishize.
Iryo tangazo rivuga ko imirwano imaze gutuma abaturage benshi bahunga bagana mu bice bitandukanye birimo Bukavu n’u Rwanda. Iri huriro ryemeza ko ibyo bikorwa ribifata nk’ibihe byibasira inyokomuntu.
AFC/M23 yanenze uruhare rw’u Burundi muri iki kibazo, ivuga ko “ikwiye gukoresha ingufu zayo mu kunoza imibereho y’abaturage babwo”, isaba iki Gihugu kwitandukanya n’iyi mirwano.
Ibi bibaye mu gihe imirwano yongeye gukaza umurego muri Kamanyola, n’ubwo muri iki cyumweru Leta ya DRC n’iy’u Rwanda zashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington D.C., agamije gushyira iherezo ku ntambara muri iki gihugu.




