• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Micky yambitswe impeta n’umukunzi we bari bamaze igihe bakundana -Amafoto

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
November 10, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Micky yambitswe impeta n’umukunzi we bari bamaze igihe bakundana -Amafoto
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

AG Promoter, yateye intambwe ikomeye mu rukundo rwe na Micky amwambika impeta y’urudashira, banatangaza ko ubukwe bwabo buri hafi. Ibimenyetso byatanzwe byanagaragaje ko bashobora kuba bari mu myiteguro yo kwibaruka imfura yabo.

Ibi birori byabaye mu buryo butunguranye ku mugoroba wo ku wa 9 Ugushyingo 2025, mu busitani bwo ku i Rebero, aho inshuti zabo za hafi zari zatumiwe mu ibanga rikomeye.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Micky, wahagejejwe atabizi neza, yavuze ko yari afite amakuru y’uko hari gahunda yo kumwambika impeta ariko atari azi itariki. Yavuze ko yari yatekereje ko bizabera i Rubavu (Gisenyi), ari nayo mpamvu ibyabaye byamutunguye cyane ubwo yinjiraga mu nzu yuzuyemo abari bamwiteguye bamushimira.

Mu kiganiro micky yagiranye na IGIHE yagize Ati:”Ndishimye cyane. Uyu munsi natekerezaga ko ndi kujya mu kwizihiza isabukuru y’inshuti y’umukunzi wa Nyambo uba mu mahanga, nuko biba surprise. Narimbizi ko bizabaho ariko sinari nzi umunsi n’ukuntu bizategurwa,”

Ku ruhande rwe, AG Promoter yavuze ko atigeze agira impungenge ko Micky ashobora kwanga kwambara impeta, kuko kuva bahura bwa mbere mu 2024 ari we yumvise mu mutima we ko ari umugore w’inzozi ze. Ati, igihe yamuzaniraga akazi ka miliyoni 0.5 Frw akagakorera ubuntu, yahise abona ko afite umutima udasanzwe.

Yahakanye ko ibi byaba ari umukino nk’uko bamwe bakunze kubacyeka kubera imikinire yabo ku mbuga nkoranyambaga, ashimangira ko iby’urukundo rwe atari ikintu yakinisha.

Abari bitabiriye ibi birori babonye umusore ahora anyuzamo akora ku nda ya Micky, bituma havuka ibibazo ku kuba bashobora kuba bitegura umwana. Micky yasubije mu buryo butanga igisobanuro ariko kikazagira icyo kibyongeraho mu minsi iri imbere

Ati:”Hari byinshi abantu bazagenda bamenya. Abatugaya ni benshi, ariko nzabibabwira uko igihe kizagenda kigera.”

Micky yemeje ko gusezerana imbere y’amategeko byari biteganyijwe kuba muri Kanama 2025, ariko bihagarikwa kubera ko we yari atarabona indangamuntu bisabwa mu byangombwa by’ubwanditse bw’iyo mihango.

AG Promoter na Micky batangiye gukundana mu 2024, gusa bagiye bashaka kurugira ibanga umwanya munini mbere yo kurwerura mu ruhame. Ubu bombi bemeje ko bari mu myiteguro y’ubukwe, kandi ko ibirori bikomeye biri imbere.

Previous Post

Mu Rwanda hatangijwe uruganda rukora ibikombe 100 000 ku munsi bikozwe mu mpapuro

Next Post

Nyanza: Umubyeyi wari umaze kubyara yuriye igipangu cy’ibitaro ahetse uruhinja ashaka gutoroka

Next Post
Nyanza: Umubyeyi wari umaze kubyara yuriye igipangu cy’ibitaro ahetse uruhinja ashaka gutoroka

Nyanza: Umubyeyi wari umaze kubyara yuriye igipangu cy’ibitaro ahetse uruhinja ashaka gutoroka

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved