Mu Murenge wa Nyakarenzo, ku munsi w’icyumweru, umwana witwa Cyuzuzo yajyanye n’ababyeyi be gusenga, ariko nyuma yaje kubabwira ko agiye gutashya hamwe n’inshuti ze. Nyuma, bagenzi be berekeje ku Mugezi wa Rusizi batangiye koga, aho Cyuzuzo agiye mu mazi ahita arohama.
Mugenzi we yihutiye kumutabara, ariko ntibyakumda ahitamo gutabaza abaturanyi kugira ngo bamufashe nubwo Bamubonye amaze kwitaba Imana.
Abaturanyi bagize bati: “Umwana yagiye gutashya ari kumwe n’abandi bakora urugomo berekeza ku mugezi. Ajya mu mazi atazi koga ahita arohama , abana batweretse ahonyarohamiye bazi koga bajyamo baramushaka kugeza bamubonye gusabyari yitabye imana.
Nyina wa Cyuzuzo yavuze ko atari azi ko abana bajyanye umwana ku mugezi. Yagize ati: “Twavuye gusenga sinari nzi ko abana bamujyanye kukivu. Nyuma natunhuwe no kubona abana baje barira bambwira ko Cyuzuzo yarohamiye. Twagerageje kujya kumushakisha ariko twaje kumubona yamaze kwitaba Imana. Nta mazi yigeze anywa ubu natwe byatuyobeye.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakarenzo, Dushimimana Jean Baptiste, yemeje aya makuru. Asaba ababyeyi gukangurira abana babo kwirinda kugenda ahantu hashobora guteza ibyago. Yagize ati: “Twamenye ko Cyuzuzo yarohamiye ku Mugezi wa Rusizi, ariko impamvu nyayo ntiramenyekana neza.
Gisa amakuru aturuka bantu bari bahari avuga ko umwana yajyanye n’inshuti ze gutashya, nyuma bakajya koga, agahita arohama.”
Abaturage n’ababyeyi barasabwe gukangurira abana kutegera ahantu hari ibyago birimo ibyuzi, ibidendezi n’ibindi bishobora guteza impanuka.
Si Cyuzuzo wenyine wagiye atwawe n’uyu mugezi; mu minsi ishize, undi mwana wo mu Kibaya cya Bugarama nawe yajyanywe n’amazi ariko abashoboye koga baramurokoye.




