• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuraperi wabiciye bigacika hano mu Rwanda mu myaka yo hambere agiye gukora ubukwe n’umunyamahanga ufite abana 2

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
November 3, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Umuraperi wabiciye bigacika hano mu Rwanda mu myaka yo hambere agiye gukora ubukwe n’umunyamahanga ufite abana 2
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuraperi Karangwa Lionel uzwi mu muziki nyarwanda nka Lil G, kuri ubu uri kubarizwa ku mugabane w’u Burayi aho amaze igihe aba muri Pologne, kuri ubu uyu muhanzi ari mu myiteguro yo gusezerana n’umugore baherutse gutangaza ko bamaze igihe mu rukundo.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Lil G yahamije ko ari mu mubano ukomeye n’uyu mugore, ndetse ko ibiganiro by’ubukwe biri mu nzira. Yagize ati:

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

“Nibyo turi mu rukundo. Ntabwo turakora ubukwe ariko turi kubiganiraho, bishobora kuba vuba.”

Aya makuru y’ubukwe bwe ashobora kurangira ashyizwe mu bikorwa mu mwaka wa 2026, bitewe n’uko abishaka n’uko imyiteguro izagenda.

Uwo bitegura kurushinga, Emilia Mieczkowska, asanzwe afite abana babiri. Gusa impande zombi zatoranyije kugira ubuzima bw’umuryango wabo bw’ibanga, bityo ntibigeze babitangazaho byinshi.

Lil G yimukiye muri Pologne mu 2022, aho nyuma y’igihe gito hatangiye gucicikana inkuru zimuhuza n’uyu mugore, nubwo icyo gihe batari bagaragaza byinshi ku mubano wabo. Amakuru yaje kwemezwa n’inzego z’abegereye umuryango avuga ko bombi bamenyaniraniye muri Pologne, umubano wabo urakura, ubu bakaba bageze mu nzego zo gutekereza ku bukwe.

Nubwo umuhanzi ubwe yahamije ko ubukwe buri mu mishinga yegereje, yanze kugira byinshi atangaza ku bijyanye n’iminsi, aho buzabera n’ibindi birambuye.

Lil G, watangiye umuziki akiri muto, akunzwe mu ndirimbo zitandukanye zakanyuze benshi zirimo Nimba Umugabo, It’s Okay, Agaciro n’izindi zatumye yigarurira abakunzi b’injyana ya Hip-Hop mu Rwanda.

Previous Post

Gasabo: Abantu 11 bakurikiranyweho kwiba inka z’abaturage

Next Post

Ngoma: Umwana muto arashinja se kumufata kungufu

Next Post
Ngoma: Umwana muto arashinja se kumufata kungufu

Ngoma: Umwana muto arashinja se kumufata kungufu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved