Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’abaturage yataye muri yombi abantu 11 bakekwaho uruhare mu bujura bw’inka bumaze iminsi butera impungenge mu baturage bo mu Karere ka Gasabo.
Ni nyuma y’uko abatuye mu mirenge ya Gikomero, Ndera, Rusororo na Rutunga bakomeje kugaragaza ikibazo cy’abajura babaga inka, zimwe bakazibaga izindi bakazijyana ku masoko kuzigurisha.
Polisi, ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, yatangiye ibikorwa byo gukurikirana iki kibazo hagamijwe gufata ababikora.
Kuva mu kwezi kw’ukwakira 2025, abantu 11 bamaze gufatwa bakekwaho kwiba inka esheshatu. Muri zo, enye zagarujwe zitarabagwa mu gihe ebyiri zasanzwe zabazwe.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko bamwe muri aba bafashwe bagejejwe imbere y’urukiko, abandi bakaba bakiri mu iperereza kugira ngo amadosiye yabo yuzuzwe.
CIP Gahonzire yasobanuye ko ubu bujura bukorwa mu ikoraniro ry’abantu benshi, harimo abagenzura aho inka ziri (bamenyekanye nk’ “abatenezi”), abaziba, abazibaga ndetse n’abakwirakwiza inyama ku masoko. Yavuze ko ahanini inka zibwe mu mirenge ya Gasabo zajyanwaga kugurishirizwa mu isoko ry’inka rya Fumbwe mu Karere ka Rwamagana.
Ikindi cyagaragaye ni uko aba bajura bakorana mu buryo bwo kwimukira mu bindi bice mu rwego rwo guhunga inzego z’umutekano, aho bamwe bava muri Gasabo bagahungira mu turere twa Rulindo, Gicumbi na Rwamagana.
CIP Gahonzire yashimiye abaturage bagize uruhare mu gutanga amakuru yatumye aba bajura bafatwa, ariko abasaba gukomeza kugira uruhare mu kubahiriza umutekano batanga amakuru ku gihe. Yagarutse ku mpamvu z’inaniza zituma hari abaturage batabaza, ashimangira ko rimwe na rimwe bahisha amakuru kubera impamvu z’imibanire hagati yabo.
Yanashishikarije abaturage kwirinda kwakira abantu bababwira ko bari gushakisha inka zo kugura, kuko hari bamwe babikoresha nk’amarenga yo gucengera amakuru abafasha mu bujura.
Polisi yongeye gukangurira ababigizemo uruhare cyangwa abatekereza kubijyamo kubireka, kuko inzego z’umutekano n’abaturage bafatanyije babahagurukiye ku buryo nta mwanya wabo ukirimo muri aka karere.




