• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Inkuru ibabaje: Umwe mu bahanzi bakomeye baririmbye indirimbo gakondo yitabye imana

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
November 3, 2025
in Amakuru
3
Inkuru ibabaje: Umwe mu bahanzi bakomeye baririmbye indirimbo gakondo yitabye imana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuhanzi w’inararibonye mu muziki nyarwanda Augustin Ngabonziza, wamamaye kuva mu myaka ya za 1980, yitabye Imana kuri uyu wa Mbere azize uburwayi. Amakuru y’itabaruka rye yemejwe n’umukobwa we, Diane Mutoniwase.

Mutoniwase yavuze ko se yari amaze ibyumweru bitatu arwariye mu Bitaro Bikuru bya CHUK biherereye i Kigali, aho yari arwaye indwara ya diyabete (diabetes) imaze igihe imuhangayikishije.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ngabonziza yibukwa nk’umwe mu bahanzi bagize uruhare mu kubaka no gukuza umuziki nyarwanda binyuze mu bihangano byuzuye ubutumwa, indangagaciro n’ishema ry’igihugu.

URUGENDO RWE MU MUZIKI

Augustin Ngabonziza yatangiye umuziki mu 1979 afite imyaka 18, atangira kuririmba no gucuranga mu matsinda y’urubyiruko n’ahantu hatandukanye. Umwuga we watangiye kumenyekana cyane mu mpera z’imyaka ya za 1980, ubwo yahimbaga indirimbo zaje guhinduka umurage nyarwanda.

Mu rugendo rwe rw’umuziki yabarizwaga muri Orchestre Les Citadins, rimwe mu matsinda yakunzwe cyane mu Rwanda rwo hambere.

Mu mpera z’imyaka ya za 1980, yashyize ahagaragara indirimbo “Sugira Usagambe Rwanda”, yahindutse imwe mu ndirimbo zubatse ishema n’ubumwe bw’Abanyarwanda, ikomeza gucurangwa ku maradiyo kugeza n’uyu munsi. Abasesenguzi b’umuziki bavuga ko iri mu ndirimbo zanditse neza kandi zifite agaciro kanini mu mateka y’umuziki nyarwanda.

Yanditse kandi aririmba indirimbo “Rugori Rwera”, “Ancilla”, “Have Winsiga” n’izindi, zatumye azamuka mu ntera aba umwe mu bahanzi bubashywe kandi bakunzwe.

Mu 2000, yafatanyije na Kaliwanjenje, Abdul Makanyaga, Deo Santos n’abandi bashinga Orchestre Irangira, yari igamije gusigasira umwimerere w’umuziki nyarwanda no kuwushyira mu buryo bugezweho.

Indirimbo “Ancilla”,ni imwe mu zamugize kimenyabose, yayisubiyemo mu buryo bushya hamwe na Orchestre Irangira, biyiha ubundi buzima ndetse ikongera kugera ku rubyiruko rw’iki gihe.

Mu 2019, yasubiyemo indirimbo “Sugira Usagambe Rwanda” afatanyije na nyakwigendera Kizito Mihigo, byongera kuwusubizaho izina ryo mu muziki w’iki gihe no kuyigira indirimbo y’ibihe byose.

Nubwo imyaka yagendaga yisunika, Ngabonziza ntiyacitse intege mu muziki. Yakomezaga gucuranga no kuririmba mu bukwe, ibirori bitandukanye no mu tubari two hirya no hino mu gihugu, aho yakundwaga kubera ijwi rye n’ubunyamwuga mu muziki wa.

UBUZIMA N’ICYO ASIGIYE UMUZIKI NYARWANDA

Ngabonziza yari azwi nk’umuntu wicisha bugufi, urangwa n’umutima utanga n’urukundo rw’igihugu. Abamuzi bemeza ko yari umuhanzi w’inararibonye wahawe impano yo guhuza injyana, amagambo n’ubutumwa, bigafasha mu gukura no gutunganya umuziki w’u Rwanda mu bihe byawugoye.

Mu rugendo rwe, yasize umusanzu ukomeye mu gusigasira umuco nyarwanda binyuze mu bihangano bye, n’urugero rwo kubaha umuziki nk’umwuga ukeneye umurava n’inyota yo gukora ibihoraho.

Ngabonziza yasize abana babiri, mu gihe umugore we yitabye imana mbere ye.

Imihango yo kumuherekeza mu cyubahiro irateganyijwe, kandi amakuru arambuye azatangazwa mu minsi ya vuba.

Turakomeza kuyakurikirana tuyabagezeho.

Previous Post

Gen-Z Comedy igiye kujya ibera no mu turere twose tw’u Rwanda

Next Post

RIB yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe y’inzovu bayavanye muri DRC

Next Post
RIB yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe y’inzovu bayavanye muri DRC

RIB yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe y’inzovu bayavanye muri DRC

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved