• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Gen-Z Comedy igiye kujya ibera no mu turere twose tw’u Rwanda

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
November 2, 2025
in IMYIDAGADURO
2
Gen-Z Comedy igiye kujya ibera no mu turere twose tw’u Rwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Nyuma y’igitaramo giherutse gutegurirwa mu Karere ka Ruhango, umunyarwenya akaba n’umuyobozi wa Gen-Z Comedy, Fally Merci, yavuze ko yahise afata icyemezo cyo kugeza ibitaramo bye mu bice bitandukanye by’igihugu.

Ibi byaje nyuma y’uko Fally Merci amaze igihe akorana na MTN Rwanda mu rugendo rwo gusura ibigo by’amashuri, aho batambutsa umunyarwenya banashakisha impano nshya zo gutera inkunga. Avuga ko igitaramo cyo muri Ruhango cyamweretse ko urwenya rukenewe no hanze ya Kigali.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Yagize ati:
“Tumaze iminsi dusura ibigo by’amashuri dutaramana n’urubyiruko tunashakisha impano dufasha kuzamuka. Igitaramo giheruka cya Ruhango cyatweretse ko abantu bo mu ntara bakunda urwenya ku rwego rwo hejuru, bituma dufata icyemezo cyo kugera no mu tundi turere twose.”

Fally Merci yatangaje ko hamaze kubaho ibiganiro n’uturere tumwe, ku buryo mu minsi iri imbere hazatangira urugendo rwo gusura igihugu hose mu rwego rwo guha abakunzi b’urwenya imyidagaduro hafi yabo no kubafasha kugaragaza impano zabo.

Akomeza ati:
“Intego yacu ni ukwegereza abantu urwenya, cyane cyane abatabasha kugera i Kigali. Ni n’amahirwe yo kumenya abandi banyempano mu turere dutandukanye, kandi abazarushaho kugaragaza impano nziza bazatangira kuboneka no mu bitaramo dukorera muri Kigali.”

Nubwo bafite gahunda yo kuzenguruka igihugu hose, Fally Merci yemeza ko ibitaramo bya Gen-Z Comedy bikomeje gukorwa muri Kigali kabiri buri kwezi, nk’uko bisanzwe.

Mu gitaramo giheruka cya Gen-Z Comedy, hatumiwemo umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, wahagurukije abafana bari bateraniye aho, barimo n’abaririmbyi bakomeye nka Aline Gahongayire, Prosper Nkomezi, Alexis Dusabe na Jesca Mucyowera.

Muhinde na Fally Merci
Uretse urubyiruko rwari rwinshi mu Karere ka Ruhango, n’ubuyobozi bwari bwitabiriye iki gitaramo
Muhinde n’abaei bitabiriye

Pirate nawe ari mubasusurukije abitabiriye
Inkirigito clement naqe ari mubasusurukije abitabiriye
Abanye mpano nabo biyekerakanye

Previous Post

Mexique: Abantu 23 barimo n’abana bahitanywe n’iturika ry’umuriro w’amashanyarazi

Next Post

Inkuru ibabaje: Umwe mu bahanzi bakomeye baririmbye indirimbo gakondo yitabye imana

Next Post
Inkuru ibabaje: Umwe mu bahanzi bakomeye baririmbye indirimbo gakondo yitabye imana

Inkuru ibabaje: Umwe mu bahanzi bakomeye baririmbye indirimbo gakondo yitabye imana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved