Mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Mbuye, Akagari ka Mwendo, haravugwa inkuru iteye agahinda y’umugabo witwa Nsabimana Théobald, w’imyaka 48, wishwe n’abo basangiraga bamukubise agafuni bamuziza ibiceri 200 by’amafaranga y’u Rwanda.
Amakuru yemejwe n’abaturage bo muri ako gace avuga ko nyakwigendera Nsabimana yari kumwe n’abasore babiri mu gasanteri ka Vunga, aho bari basangiye inzoga, Bigeze mu masaha ya saa tanu z’ijoro, bamusabye kwishyura amafaranga ibiceri 200 arayabura.
Uwo mugabo ngo yahise ahaguruka asubira mu rugo rwe, ariko bagenzi be babiri baramukurikira. Bageze iwe, ngo bamukinguje baramuhamagara, arasohoka bashaka ko yishyura ayo mafaranga, arongera ababwira ko ntayo afite.
Aho ngaho, umwe muri bo yahise amukubita ifuni mu bitugu, undi nawe akomeza undi nawe ayimukubita mu gatuza, bituma ahita ahasiga ubuzima.
Nyuma yo gukora ubwo bwicanyi, aba bagabo ngo bihamije ko ari bo bishe mugenzi wabo, ndetse banabibwira abaturanyi mbere yo gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano.
Abaturage bo muri ako gace bavuga ko ibyo bibabaje kandi biteye impungenge, kuko ubwicanyi bukomeje kwiyongera mu murenge wa Mbuye.
Umwe mu baturage yagize ati: “Kubyakira byanze. Numvise mu gitondo ko bishe mugenzi wacu bamuziza ibiceri 200 gusa. Birababaje kubona ubuzima bw’umuntu butakara ku kintu nk’icyo.”
Undi nawe yongeyeho ati:“Bavuye muri Vunga bapfa ibiceri 200, baramukurikirana bageze iwe, bamushukisha inzoga bari banyweye, umwe amuturuka inyuma amukubita ifuni mu bitugu, undi amukubita mu gatuza ahita apfa.”
Abaturage barasaba inzego z’ubuyobozi gukaza ubugenzuzi ku tubari n’ubucuruzi bw’inzoga, bavuga ko usanga ari byo bitera amakimbirane n’ubwicanyi muri ako gace.
Umwe mu baturage yagize ati:“Si ubwa mbere ibi bibaye. Muri uyu murenge hari undi muntu uherutse kuboneka yapfiriye mu nzu ye. Turasaba ubutabera gukora akazi kabwo, ndetse inzego zibishinzwe zigakaza igenzura ku ikoreshwa ry’inzoga.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye ntibyashobotse ko tugirana ikiganiro, gusa ubwo amakuru mashya azaboneka tuzayabagezaho.
Aba bagabo bombi bamaze gutabwa muri yombi, bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ruhango, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Kinazi kugira ngo ukorerwe isuzuma ry’iby’urupfu rwuyu mugabo.
Nyakwigendera Nsabimana Théobald asize abana babiri bakiri bato, ari nabo babanaga mu rugo rwe.




