Mu muujyi wa Bujumbura, haravugwa inkuru iteye agahinda aho umubyeyi yabyariye mu bitaro bya Roi Khaled Hospital akabyara umuhungu muzima, ariko nyuma akaza guhabwa umukobwa wapfuye kubera kwitiranya abana kwabayeho n’abaganga bari babitaho.
Ibi byabaye ku wa 28 Ukwakira 2025, bitera urujijo n’urusaku rukomeye mu bitaro.
Amakuru yemeza ko ku wa 26 Ukwakira, ababyeyi babiri babyariye rimwe—umwe akabyara umuhungu, undi akabyara umukobwa. Bombi bashyizwe mu byuma bibafasha guhumeka kuko bari bagifite intege nke. Mu gihe abaganga bari kubitaho, ngo habaye kwitiranya amakarita yanditseho amazina y’ababyeyi, bituma buri mubyeyi ahabwe umwana utari uwe.
Umuforomokazi ukorera kuri ibyo bitaro yavuze ko kwibeshya kwabaye ubwo bavaga gushyira abana mu byuma byabugenewe. Ati:
“Abakozi bahinduye utumenyetso tw’amazina batabizi. Igihe ababyeyi baje gusura abana, buri wese yeretswe umwana batangira kumwonsa batamenye ko habayeho kwitiranya.”
Nyuma y’iminsi ibiri, umuryango w’umubyeyi wabyaye umukobwa wamenyeshejwe ko umwana wabo yapfuye, batangira imyiteguro yo kumushyingura. Ariko inshuti yari ibazi neza yabonye umurambo w’umukobwa, kandi izi ko uwo muryango wabyaye umuhungu ihita itangaza amakuru, biteza impagarara mu bitaro.
Nyuma y’iperereza, byemejwe ko koko abana bahinduwe: uwari wapfuye yari umukobwa, ariko umurambo we wari wagejejwe ku muryango w’umuhungu wavutse ari muzima.
Nsengimana Damien, se w’umwana wapfuye, yavuze ko ibi byaturutse ku burangare bukomeye bw’ibitaro:
Ati:“Umugore wanjye yageze ku bitaro saa tatu z’ijoro, ariko asuzumwa nyuma y’amasaha menshi. Yari ananiwe cyane, n’umwana arushye, ni byo byatumye ibintu byose bigenda nabi.”
Uyu muryango wasabye gusubizwa amafaranga asaga 500,000 FBu wakoresheje mu kwivuza, kugira ngo bifashe mu gushyingura.
Undi muryango, wari watangiye gushyingura umwana utari uwabo, nawo wavuze ko wakoresheje arenga 700,000 FBu, usaba ko ayo mafaranga yishyurwa.
Nyuma y’ibi byabaye, ubuyobozi bwa Zone Gihosha bwasuye ibitaro kugira ngo busobanukirwe iby’iki kibazo. Umuyobozi w’akarere yavuze ko habaye amakosa akomeye mu gucunga abarwayi n’abana bavuka, asaba isuzuma ryimbitse.
Ubuyobozi bwa Roi Khaled Hospital bwemeye amakosa, buvuga ko buzafasha mu kwishyura igice cy’amafaranga imiryango yombi yakoresheje, nyuma yo kwakira ubusabe bwayo bwanditse.




