Adjudant Sarah Ebabi, umusirikare wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Ebadjara, yasabiwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma y’uko amashusho agaragaza ari gusomana n’umukunzi we yagiye ku mbuga nkoranyambaga.
Ebabi n’umukunzi we bari biteguye kurushinga tariki ya 31 Ukwakira 2025. Mbere y’ibirori, bajyanywe muri ‘Raw Studio’ i Kinshasa kugira ngo bafatire hamwe amafoto n’amashusho azibutsa ibihe by’ingenzi by’ubukwe bwabo.
Tariki ya 24 Ukwakira, igisirikare cya RDC cyamufashe mu maboko y’ubushinjacyaha nyuma y’uko amashusho agaragaza Ebabi ari gusomana akwirakwiye yagiye ku mbuga nkoranyambaga. Ubu aracyari muri kasho y’Ubushinjacyaha bwa gisirikare.
Ubushinjacyaha bushinja Ebabi kurenga ku mabwiriza y’ubuyobozi no guharabika isura y’igisirikare, cyane cyane ko yasomanye yambaye impuzankano kandi ari we wenda yayikwirakwije.
Mu rukiko rukuru rwa gisirikare, Ebabi yagaragaje ko umufotozi wa Raw Studio, Yannick Kayembe, yiyemereye ko ari we washyize amashusho n’amafoto ku rubuga rwa TikTok mu rwego rwo kwamamaza ibikorwa bye. Yongeraho ko “icyaha ari gito” kandi ko atari we wakwirakwije ayo mashusho.
Ubushinjacyaha bwo bwongeye gusaba igifungo cy’imyaka 10, bukemeza ko Ebabi ari we wagize uruhare mu gukwirakwiza ayo mashusho.
Umwanzuro w’urukiko utegerejwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29 Ukwakira 2025.







