Sherrie Silver, umwe mu Banyarwandakazi bafite izina rikomeye mu mwuga wo kubyina ku rwego mpuzamahanga, yagaragaje ubuhanga bwo gucika ku kibazo cy’umunyamakuru wamubajije ibijyanye n’ubukwe bwe. Ibi byabereye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Mbere, tariki 27 Ukwakira 2025, mu rwego rwo gutegura ibirori bya “The Silver Gala” biteganyijwe kuba ku wa 1 Ugushyingo muri BK Arena.
Umwe mu banyamakuru yamubajije igihe atekereza gushaka ndetse n’inkomoko y’umugabo yifuza kuzabana na we. Sherrie Silver yahisemo kugenda yitonda, abanza guseka mbere yo gusubiza ati:
“Icyo kibazo kigomba kubazwa Yesu. Njye ndi hano gukora ibyo nshinzwe gukora.”
Ubwo yakomezaga kuganira n’abanyamakuru, yabajijwe niba yakwemera gushaka Umunyarwanda, maze asubiza ati:
“Nabikunda cyane, mama noneho abibonye yaba abyishimiye kurushaho.”
Ibirori bya The Silver Gala bizaba ku nshuro ya kabiri nyuma y’ibyabaye mu 2024. Biteganyijwe ko bizahuriramo abahanzi bakunzwe barimo Butera Knowless, Massamba Intore, Juno Kizigenza, Ross Kana, Chriss Eazy, ndetse na Sherrie Silver ubwe hamwe na Sherrie Silver Foundation.
Itike yinjira muri ibi birori iri ku rwego rwo hejuru. Abashaka kwicara mu myanya isanzwe bazishyura 120,000 Frw, naho abifuza kugurira hamwe ameza y’abantu umunani bazatanga 1,000,000 Frw. Ku rundi ruhande, abashaka imyanya y’icyubahiro bazatanga 130,000 Frw ku muntu umwe, cyangwa 1,200,000 Frw ku meza y’abantu umunani.
Ibi birori bitegerejwe cyane, bikaba bigamije gushimira no gushyigikira ibikorwa bya Sherrie Silver Foundation mu guteza imbere urubyiruko rw’ababyinnyi b’Abanyarwanda.





