Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, indege nto yari itwaye abantu 12 yakoze impanuka mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Kenya, nk’uko byemejwe n’Ikigo gishinzwe indege za gisivile muri icyo gihugu (Kenya Civil Aviation Authority – KCAA).
Iyi ndege yavaga i Diani, agace kari ku nkombe z’Inyanja y’Abahinde, yerekeza Kichwa Tembo mu burengerazuba bwa Kenya. Ariko nyuma y’iminota mike yaguye mu gace ka Vyungwani kari mu Ntara ya Kwale, ku ntera ya hafi kilometero 20 uvuye aho yari ivuye.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza indege yafashwe n’umuriro nyuma y’uko iguye. Amakuru y’ibanze y’ibinyamakuru byo muri Kenya avuga ko nta n’umwe mu bari bayirimo warokotse, nubwo KCAA itarabihamya ku mugaragaro.
Imyirondoro y’abari muri iyo ndege ntiratangazwa, kandi iperereza riracyakorwa kugira ngo hamenyekane icyateye impanuka.
Abaturage batuye hafi y’aho byabereye babwiye Daily Nation ko bumvise urusaku rukomeye rw’iturika, bagiye kureba basanga indege yahiye. Bavuze kandi ko muri ako gace hari imvura nyinshi n’ibihu byinshi kuva ku mugoroba wo ku wa Mbere kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, bikekwa ko byaba byagize uruhare mu byabaye.
Iyi si yo mpanuka yonyine ibaye muri Kenya muri uyu mwaka.
Kuko Muri Kanama 2025, indege y’ikigo cy’abaganga Amref yaguye mu majyaruguru ya Nairobi, ihitana abantu batandatu bari bayirimo.
Muri Mutarama 2025, indi ndege yaguye i Malindi, ihitana abantu batatu bari hasi, mu gihe umupilote n’abanyeshuri babiri bari bayirimo bakomeretse.
Muri uwo kwezi kandi, indi ndege nto yaguye i Naivasha mu Ntara ya Nakuru, ihitana abantu babiri.Kugeza ubu, mu mwaka wa 2025 gusa, muri Kenya habaruwe impanuka 6 z’indege nto, aho impamvu nyinshi zagiye zishingirwa ku bibazo by’imikore re ya tekinike y’izo ndege.






