• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Karongi: Abagabo bane n’umugore umwe batawe muri yombi nyuma yo gusanganwa izoga zinkorano

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 26, 2025
in Amakuru
0
Karongi: Abagabo bane n’umugore umwe batawe muri yombi nyuma yo gusanganwa izoga zinkorano
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abagabo bane n’umugore umwe bo mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi, bafatiwe mu bikorwa byo gukora no gucuruza inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bababajwe n’uko izo nzoga zica intege ubuzima n’umutekano w’abatuye aho.

Abo bafashwe barimo Twagirimana Edouard (litiro 140), Rukundo Emmanuel (litiro 180), Murwanashyaka Isaac (litiro 80), Mukabera Joséphine (litiro 60) na Kavukire (litiro 80). Bose bafatiwe mu ngo zabo ziri mu Midugudu ya Kagarama na Buhoro, Akagari ka Kibirizi.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Abaturage bavuga ko izi nzoga zakozwe mu buryo bushyira ubuzima mu kaga, kuko zikorwa mu buryo butemewe.

Hakizimana Aimable, umwe mu batuye muri ako gace, yagize ati: “Bafata ibitoki bakabyengana n’isukari yaciwe, bakongeramo ibitubura bikoreshwa mu mikate ndetse n’amatafari ahiye kugira ngo inzoga zitukure. Iyo urebye uburyo bazikora, uba ubona ko ari ibintu bishobora kwica umuntu.”

Abaturage bavuga ko uretse kwangiza ubuzima, izo nzoga zisiga ingaruka ku mibereho y’imiryango, kuko abazinywa benshi batakaza ubushobozi bwo kwiyobora no kwita ku miryango yabo.

Mukaleta Alphonsine ati:“Abazinywa barasinda cyane, ugasanga bataye inshingano mu rugo, abana baraburara, hakaba n’abashwana mu miryango. Ni inzoga zibangiza ndetse zangiza n’umutekano.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Ayabagabo Faustin, yavuze ko abaturage bagize uruhare runini mu gutuma izo nzoga zifatwa, asaba ko ubwo bufatanye bukomeza.

Ati:“Turasaba abaturage gukomeza kuduha amakuru aho bazibonera hose, kugira ngo duce burundu ibi bikorwa byangiza ubuzima. Turashimira cyane abafashije mu ifatwa ry’izi nzoga.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko izi nzoga z’inkorano zibarwa mu biyobyabwenge byoroheje bitewe n’ingaruka zazo ku buzima no ku mutekano.

SP Twajamahoro.ati: “Abazinywa kenshi ni bo usanga bagaragara mu byaha nko gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu n’urugomo. Turakangurira abakibikora kubihagarika kuko uzabifatirwamo azahanwa by’intangarugero,”

Amategeko y’u Rwanda avuga ko umuntu wese uhamijwe gukora cyangwa gucuruza ibiyobyabwenge byoroheje, harimo n’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge, ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 7 na 10, ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 5 na 10 Frw.

Previous Post

Karongi: Afunzwe azira gukubita umukunzi we bendaga kubana

Next Post

Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma amakuru akomeje kurivugwaho ko ryaba ryambuwe ikibuga cy’indege

Next Post
Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma amakuru akomeje kurivugwaho ko ryaba ryambuwe ikibuga cy’indege

Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma amakuru akomeje kurivugwaho ko ryaba ryambuwe ikibuga cy'indege

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved