• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Karongi: Afunzwe azira gukubita umukunzi we bendaga kubana

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 26, 2025
in Amakuru
0
Karongi: Afunzwe azira gukubita umukunzi we bendaga kubana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Murundi mu Karere ka Karongi rwataye muri yombi Nshimiyimana Emmanuel, w’imyaka 23, akekwaho gukubita no gukomeretsa Nyiraminani Annonciatha, w’imyaka 31, umukobwa basezeranye imbere y’amategeko kandi biteguraga kubana nk’umugore n’umugabo.

Amakuru yemezwa n’abaturanyi avuga ko uyu mukobwa yakubiswe bikomeye nyuma y’uko habayeho amakimbirane ajyanye n’amabati 30 umusore yifuzaga ko amuha kugira ngo asakare inzu bari kuzabamo.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umwe mu bo mu muryango wa Nyiraminani yagize ati:

“Bari mu myiteguro yo gukora ubukwe mu Itorero rya EPR mu kwezi kwa Mutarama 2026. Ariko uyu musore ngo yamusabye amabati amubwira ko atayamuha kugeza yubashye neza ibyo bumvikanyeho. Byatumye batongana, birangira umukobwa akubiswe agira ibikomere bikomeye.”

Nyiraminani yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rufungo aho ari kwitabwaho n’abaganga.

Abaturanyi bavuga ko bombi bari barasezeranye imbere y’amategeko tariki ya 29 Gicurasi 2025, ariko ko mu minsi ishize urukundo rwabo rwari rwaratangiye kuzamo amakimbirane ashingiye ku mitungo n’ibyo buri wese yitezemo undi.

Umwe muri bo ati:“Bari barasezeranye ariko ntibabaga hamwe. Uwo musore yabaga i Gashari naho umukobwa aho bita i Murundi. Kera kabaye batangiye guterana amagambo ku byo bari barasezeranye guhurizaho, kugeza ubwo bitangiye kumera nabi.”

Ku mugoroba wo ku wa 24 Ukwakira 2025, Nshimiyimana ngo yasuye fiancée we, baterana impaka zikomeye ubwo bari bari mu ishyamba hafi y’iwabo w’umukobwa, maze ibintu bihinduka urugomo.

Umukecuru wari unyura hafi yahise yumva urusaku, ajya kureba asanga umusore ari gukubita umukobwa, atabaza abaturage n’irondo ry’umutekano maze baratabara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi, Niyonsaba Cyriaque, yemeje ibyabaye, avuga ko uyu musore yagaragaje kwicuza ariko ibyakozwe bidashobora kwihanganirwa.

Ati:“Yemeye ko yamukubise kubera ayo mabati. Ariko ibibazo nk’ibi bikwiye gukemurwa mu mahoro. Ni uburere buke kandi bisaba ko urubyiruko rwigishwa uburyo bwo kubana neza,”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murundi bwibukije abakundana kwirinda kurwana cyangwa kugirana amakimbirane ashingiye ku mitungo, kuko ibyo bidindiza ejo heza ry’urugo rwari gukorwa mu bwumvikane n’ituze.

Kuri ubu, Nshimiyimana afungiye kuri RIB ya Murundi mu gihe iperereza rikomeje, naho Nyiraminani akomeje kwakira ubuvuzi.

Previous Post

Rufonsina wamamaye muri filime nyarwanda yibarutse

Next Post

Karongi: Abagabo bane n’umugore umwe batawe muri yombi nyuma yo gusanganwa izoga zinkorano

Next Post
Karongi: Abagabo bane n’umugore umwe batawe muri yombi nyuma yo gusanganwa izoga zinkorano

Karongi: Abagabo bane n'umugore umwe batawe muri yombi nyuma yo gusanganwa izoga zinkorano

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved