Nyuma y’ibyumweru bibiri Habiyaremye Zacharie uzwi cyane nka Bishop Gafaranga afunguwe, we n’umugore we Annette Murava basohoye indirimbo nshya bise “Ndi inde”, ikubiyemo ubutumwa bushingiye ku bihe bikomeye banyuzemo — harimo igihe Gafaranga yari afunzwe n’uburyo umugore we yakomeje kumuba hafi, ajya kumusura ku Rukiko yitwaje umwana wabo.
Iyi ndirimbo yashyizwe hanze ifite n’amashusho agaragaza ibyo bihe, aho Gafaranga agaragara yambaye impuzankano y’mfungwa, naho Annette agaragara amusuye igihe yari akiri mu manza.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, bombi batangaje bati:
“Nshuti zacu, indirimbo Ndi inde yashyizwe hanze! Muyisange kuri YouTube channel yacu. Ijye iba umugisha kuri buri wese uyumva.”
Ni indirimbo isohotse nyuma y’ibihe bitari byoroshye muri uru rugo, aho Gafaranga yari yarakatiwe kubera guhoza ku nkeke uwo bashakanye — igihano cy’umwaka umwe ariko gisubitse, akaba yararekuwe ku wa 10 Ukwakira 2025 nyuma yo gufungwa kuva muri Gicurasi.
Gafaranga na Annette Murava bakoze ubukwe mu kwezi kwa Gashyantare 2023, Annette we asanzwe azwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
“Ndi inde” ni imwe mu ndirimbo nyinshi bamaze gukorana, zirimo “Ku musozi”, “Bya bihe” n’izindi zigaragaza ubufatanye bwabo mu muziki n’ubuzima.




