Manirema Fabie, wari umwalimu mu Ishuri Ribanza rya Humure riherereye mu Murenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, yitabye Imana akubiswe n’umuriri w’amashanyarazi ubwo yajyaga kuvoma amazi mu kigega cyo hafi y’aho yari atuye.
Abaturage bari hafi aho bavuze ko ibyago byabaye mu masaha ya saa mbiri z’ijoro. Umwe muri bo yagize ati:
“Byabaye nka saa mbiri z’ijoro, numva barimo kuvuga ngo umwalimu yishwe n’umuriro. Twagezeyo dusanga koko hari insinga zashishutse. Abari bahari batubwiye ko insinga zari zafashe mu kigega kubera imvura yari imaze kugwa, amazi yivanga n’amashanyarazi birangira amukubise.”
Undi muturanyi we yagize ati:“Abana baje kuntabaza bavuga ngo ‘data arapfuye’. Nahise njyana na madamu dusanga koko umugabo aryamye mu byondo, turamuterura tumujyana mu nzu. ”
Abaturage bavuga ko bababajwe cyane n’urupfu rwe, bavuga ko yari umurezi w’indakemwa ndetse n’umuturanyi mwiza.
Ati: “Twababajwe no kubura umwalimu w’abana bacu, yari umuntu mwiza, wicisha bugufi kandi ukunda akazi ke,”
Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Humure, Nkusi Bernard, nawe yemeje ayo makuru, avuga ko bibabaje cyane gutakaza umukozi nk’uwo.
Ati: “Yari umwalimu wigishaga Icyongereza n’Igifaransa mu mwaka wa kane. Yari intangarugero mu kazi, akunda abana n’akazi ke. Twababajwe cyane n’urupfu rwe, kuko yari n’umuhanzi ukunda gususurutsa bagenzi be.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musheri, Andrew Ndamage nawe yemeje ayo makuru, atanga ubutumwa bwo kwirinda impanuka ziterwa n’amashanyarazi.
Ati: “Nyakwigendera yari ari kuvoma, ariko hari urutsinga rw’amashanyarazi rwari rwarashishutse, amazi amanukira mu kigega bihita yivanga n’amashanyarazi biramukubita. Inama tugira abaturage ni uko bakoresha ibikoresho byujuje ubuziranenge, kandi igihe babonye insinga zangiritse batagomba kubyihererana, ahubwo bagahamagara inzobere mu by’amashanyarazi zikabikemura neza. Nyakwigendera we yari yarabonye insinga zashishutse, azizirika akoresheje ishashi, birangira bimushegeshe,”
Umurambo wa Manirema Fabie, w’imyaka 34, wajyanwe iwabo mu Murenge wa Mumuri aho azashyingurwa. Asize umugore n’abanababiri




