• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Politics

Nta muntu dukwiriye gusaba uburenganzira bwo kubaho: Perezida Kagame yihanangirije abashaka gutegeka Abanyarwanda uko babaho

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 24, 2025
in Politics
0
Nta muntu dukwiriye gusaba uburenganzira bwo kubaho: Perezida Kagame yihanangirije abashaka gutegeka Abanyarwanda uko babaho
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kwigirira icyizere no gukora ibishoboka byose bifashishije ubushobozi bafite, avuga ko nta muntu wo hanze ukwiye kubateganyiriza uko babaho.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri batandatu bashya barahiriye inshingano nshya muri Sena. Muri bo, bane bashyizweho na Perezida Kagame ku itariki ya 21 Ukwakira 2025, naho babiri bashyirwaho n’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ku ya 14 Ukwakira 2025.

Related posts

Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yakoreraga muri iki gihugu arenga 100 yasenywe

Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yakoreraga muri iki gihugu arenga 100 yasenywe

January 30, 2026
Amasezerano yahindutse urubanza: U Rwanda rwamaze kugeza ikirego mu nkiko rurega u Bwongereza

Amasezerano yahindutse urubanza: U Rwanda rwamaze kugeza ikirego mu nkiko rurega u Bwongereza

January 27, 2026

Abarahiye ni Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, Uwizeyimana Evode, Dr. Valentine Uwamariya, Alfred Gasana, Dr. Frank Habineza na Nkubana Alphonse.

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko bafite uburenganzira bwo kubaho uko babyifuza, atari ibyo guhabwa amabwiriza n’abandi.

Yagize ati: “Rwose ubu ndabivuga, nta muntu dusaba kuduha uburenganzira bwo kubaho, ntawe dukwiriye gusaba uburenganzira bwo kubaho uko dukwiye kuba turiho. Abo bantu bakora ibyo ni biremwa nkatwe. Nta kiremwa kibereyeho kurema abandi bantu cyangwa kubabaza uko babayeho. Iyo ni yo politiki yacu y’u Rwanda, abatabyumva ibyo bibazo byanyu na byo tuzahangana nabyo.”

Umukuru w’Igihugu yabibukije ko inshingano zabo zigomba guhuza n’ibyo abaturage bakeneye, cyane cyane mu gufata ibyemezo bifasha mu mibereho yabo ya buri munsi.

Ati: “Guhuza intego z’Igihugu z’igihe kirekire n’ubuzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda ni ugukora ku buryo ibyemezo bifatwa bijyana n’ibyo Abanyarwanda bakeneye kandi bigatanga ibisubizo ku bibazo bafite.”

Perezida Kagame yakomeje ashimangira ko nubwo ubushobozi bw’Igihugu bugaragaza imbibi, bukwiye gukoreshwa neza kugira ngo bugirire Abanyarwanda benshi akamaro.

Ati: “Ubundi ibyo Abanyarwanda bifuza ni byinshi cyane, birenze n’amikoro yacu. Ariko ni byo bitwibutsa ko no mu mikoro mike tugomba kuyakoresha neza kugira ngo agere ku byo dushobora, bishingiye kuri ibyo bike dufite.”

Yanibukije Abasenateri ko bagomba gukora ibikorwa bifatika kandi bigakorwa ku gihe.

Ati: “ Abasenateri bagomba gutanga umurongo w’ibyihutirwa, bakanagenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo byemezo, kandi bakanaharanira ko bikorwa ku gihe gikwiriye.”

Perezida Kagame yanagarutse ku buryo ibikorwa bigomba kujya biva mu nyandiko bikajya mu bikorwa bifatika.

Ati: “Politiki yacu kenshi iba yanditse neza mu mpapuro, ariko icyo dukeneye ni uko ibyo byiza byanditswe bishyirwa mu bikorwa, ntibihere mu nyandiko gusa.”

Yasoje yifuriza abasenateri bashya imirimo myiza, abasaba kuzuza inshingano zabo neza no gukorera inyungu z’Abanyarwanda bose.

Previous Post

Burundi: Abasirikare bahanishijwe kugenda igihugu cyose n’amaguru bibarambiye bakuramo inkweto

Next Post

Burera: Umwana w’imyaka 2 yatwawe n’umuvu w’imvura

Next Post
Burera: Umwana w’imyaka 2 yatwawe n’umuvu w’imvura

Burera: Umwana w'imyaka 2 yatwawe n'umuvu w'imvura

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved