• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

NIDA yatangaje igihe izatangirira gufata amafoto n’amakuru y’Abanyarwanda azajya ku ndangamuntu koranabuhanga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 23, 2025
in Amakuru
0
NIDA yatangaje igihe izatangirira gufata amafoto n’amakuru y’Abanyarwanda azajya ku ndangamuntu koranabuhanga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Indangamuntu (NIDA) bwatangaje ko mu mpera z’ukwakira 2025 hazatangira gahunda yo kwemeza imyirondoro no gufotora abaturage mu rwego rwo gutegura ishyirwa mu bikorwa rya Indangamuntu-Koranabuhanga (e-ID).

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze n’iki kigo, ibikorwa bizatangirira mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Turere twa Nyanza, Huye na Gisagara, kuva tariki ya 28 Ukwakira kugeza ku ya 23 Ugushyingo 2025. Nyuma yaho, gahunda izakomereza mu tundi Turere twose tw’igihugu.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

NIDA isaba abazitabira iyi gahunda kuzitwaza indangamuntu basanganywe ndetse n’imibare y’indangamuntu y’ababyeyi babo, cyane cyane ku bari gufata indangamuntu bwa mbere. Abashakanye nabo basabwe kuzitwaza nimero z’indangamuntu z’abo bashakanye, mu gihe abatarabona indangamuntu basabwa kuzana nimero yo kwiyandikisha (application number).

Ku bana bari munsi y’imyaka 16, basabwa kuzajya baherekezwa n’ababyeyi cyangwa ababafiteho ububasha bwa kibyeyi.

NIDA yibukije ko Indangamuntu-Koranabuhanga izahabwa buri Munyarwanda kuva akivuka, ikazakoreshwa mu buzima bwe bwose.

Manago Dieudonné, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa byo gukora no gukwirakwiza e-ID muri NIDA, aherutse gutangaza ko mu by’ingenzi bizajya bifatwa mu rwego rwo gutanga iyi ndangamuntu harimo ibikumwe byose icumi (fingerprints), aho kuba bibiri nk’uko byakorwaga ku ndangamuntu isanzwe.

Ku bijyanye n’imiterere y’iyi ndangamuntu nshya, izaba itandukanye n’iyari isanzwe, kuko izajya igaragaraho gusa ifoto ya nyirayo na nimero ye yihariye, ntihabeho andi makuru yanditse inyuma. Abaturage bazanahabwa amahitamo atandukanye yo kuyikoresha — nk’ikarita, nimero, cyangwa mu buryo bwa digitale muri telefoni.

Previous Post

Rwamagana: Ngo unyweye ku kigage cyitwa mapiki ahita agira imbaraga zidasanzwe

Next Post

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Next Post
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved