• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rwamagana: Ngo unyweye ku kigage cyitwa mapiki ahita agira imbaraga zidasanzwe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 23, 2025
in Amakuru
0
Rwamagana: Ngo unyweye ku kigage cyitwa mapiki ahita agira imbaraga zidasanzwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Bamwe mu batuye mu isantere izwi nko Kumatafari, iherereye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko hari ikigage cyihariye  bise “Mapiki”, kivugwaho gutanga imbaraga zidasanzwe ndetse n’akanyamuneza ku bakinywa.

Abatuye muri ako gace, ndetse n’abahasohokera, bavuga ko iki kigage cyabaye icyamamare ku buryo hari abagitangaho ubuhamya bavuga ko kibagwa neza ku buryo bamwe bagifata nk’ifunguro rya buri munsi.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Umwe mu banywi b’iki kigage yagize ati:

“Abantu bakunda ibinyobwa bitandukanye, hari unywa byeri, hari unywa icyuma, hari unywa gubwa neza. Ariko Mapiki cyo ni ikigage cya Kinyarwanda kidasanzwe, ntikivangiye. Ukinywa nta ngaruka kimugiraho, nk’uko umubyeyi anywa igikoma akagira imbaraga.”

Undi nawe yungamo ati:

“Iyo nkinyweye numva mfite imbaraga, ngafata isuka nkajya kwiterera imbuto.”

Hari n’undi wasanganywe akanyamuneza kagaragara, avuga ati:

“Iyo maze kubumba inkarakara nka 20, mpita nifatira akagace ka litiro, nkabona imbaraga zo gukomeza gukora. Jye sinywa igikoma cyangwa icyayi, Mapiki ni cyo kitugwa neza.”

Abatuye muri iyi santere bavuga ko umuntu utanywa iki kigage bamubona nk’“umunebwe”, kuko ngo gitanga imbaraga mu kazi no mu buzima bwa buri munsi. Bavuga ko litiro imwe igura amafaranga 500 Frw, bityo kikaba ikinyobwa cyoroheye buri wese.

Nubwo bimeze bityo, inzego z’ubuyobozi z’aka karere ntizabashije kugira icyo zitangariza itangazamakuru ubwo ryageragezaga kuzivugisha kuri iyi ngingo.

Gusa inzego zishinzwe ubuziranenge zisaba abaturage kwitwararika mu byo banywa, kuko hari ibinyobwa biba bitujuje ubuziranenge bigira ingaruka ku buzima.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo gitsura ubuziranenge mu Rwanda (RSB), Murenzi Raymond, yagize ati:

“Twashyizeho ikirango cy’ubuziranenge kirinzwe mu buryo bw’ikoranabuhanga, ku buryo nta muntu wagihimba. Ibi bizafasha abaguzi kumenya ibicuruzwa byujuje ubuziranenge, kandi bigateza imbere inganda zicuruza ibifite umwimerere.”

Nubwo bimwe mu binyobwa nk’iki kigage cya Mapiki bikunzwe cyane, inzego z’ubuzima n’iz’ubuziranenge zisaba abanyarwanda gukomeza gushishoza no kugenzura ibyo banywa, kugira ngo birinde ingaruka zishobora kuva ku binyobwa bitujuje ubuziranenge.

Previous Post

Rulindo: Nyuma yo kuburirwa irengero yasanzwe mu ishyamba yapfuye

Next Post

NIDA yatangaje igihe izatangirira gufata amafoto n’amakuru y’Abanyarwanda azajya ku ndangamuntu koranabuhanga

Next Post
NIDA yatangaje igihe izatangirira gufata amafoto n’amakuru y’Abanyarwanda azajya ku ndangamuntu koranabuhanga

NIDA yatangaje igihe izatangirira gufata amafoto n’amakuru y’Abanyarwanda azajya ku ndangamuntu koranabuhanga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved