Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel, wiyitaga umuvugabutumwa, ukurikiranyweho ibikorwa byo gushuka abaturage abatera ubwoba yitwaje ubuhanuzi kugira ngo bamuhe amafaranga ababeshya ko bazirinda ibyago by’urupfu, indwara, cyangwa ngo baronke imigisha y’uko bazakubirwa inshuro eshanu ibyo batanze.
Ifatwa rye ryemejwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Ukwakira 2025, mu itangazo ryasohotse ku mbuga z’uru rwego.
RIB yatangaje iti:
“Ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, RIB yafashe Bucyanayandi Emmanuel wiyitaga umuvugabutumwa, wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by’urupfu, indwara, cyangwa ngo bakubirwe inshuro eshanu ibyo batanze nk’ituro.”
Uwo mugabo, wagaragaye mu mashusho asaba abaturage amafaranga abizeza ibitangaza, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
RIB na Polisi y’u Rwanda basabye abaturage kudaha agaciro inyigisho zishingiye ku kureshya no kwambura abaturage amafaranga zinyuzwa mu izina ry’iyobokamana. Basabye abantu kwirinda gushukwa n’abiyitirira Imana bagamije inyungu zabo bwite, ahubwo bagaharanira gukora no kwiteza imbere mu buryo bwemewe n’amategeko.
Izi nzego kandi zihanangirije abantu bose bijandika mu bikorwa byo kwiyitirira ubuhanuzi bagamije kurya utw’abandi, zibibutsa ko amategeko atazabihanganira.






