• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Huye: Abaturage batangajwe no kubona moto yari iparitse ishya igakongoka nta kiyitwitse

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 21, 2025
in Amakuru
0
Huye: Abaturage batangajwe no kubona moto yari iparitse ishya igakongoka nta kiyitwitse
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Huye, mu isantere ya Tumba, abaturage batunguwe no kubona moto yari iparitse nta muntu uyirimo ifatwa n’inkongi igashya  igakongoka burundu, bamwe bakeka ko byaba bifitanye isano n’imbaraga z’amadayimoni.

Abaturage bari bahibereye bavuze ko batigeze babona umuntu uyitwika cyangwa se impamvu yagaragaye yateye iyo nkongi. Umwe muri bo yagize ati:

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

“Ni ubwa mbere mbibonye hano i Tumba. Ibyo nigeze kubibona ahandi ni mu Irango, abantu bose bavuga ko ari amadayimoni.”

Undi muturage yongeyeho ati:

“Mu Irango nabwo habaye ibintu nk’ibi. Umumotari yari yicaye ku moto ye itangira gusohora umwotsi kuri buje ashyiraho amacandwe irazima, ariko hashize akanya moto irongera irashya  Na hano byagenze bityo, twabonye moto yaka dutangira guhunga.”

Uwatwaraga iyi moto yabwiye itangazamakuru ko yari ifite ubwishingizi kandi nta kibazo iyi moto yari ifite.

Yagize ati:

“Moto yanjye nta kibazo na kimwe yari ifite. Naje gutungurwa no kubona itangiye gusohora umwotsi no kwaka umuriro. Nakekaga ko byatewe n’igishashi cy’umuriro cyaba cyaturutse muri buje, ariko sinzi neza icyateye inkongi.”

Abaturage bemeza ko iyi moto yaturitse igakomeretsa abantu bari hafi yayo, ariko bakemeza ko umumotari nyirayo nta ruhare yabigizemo.

Itangazamakuru ryagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo kugira ngo agire icyo avuga kuri iyi nkongi, ariko ntibyabashije gukunda. Gusa bamwe mu baturage baracyahamya ko ibyabaye “bishobora kuba bifitanye isano n’imbaraga z’amadayimoni,” mu gihe abandi babifata nk’impanuka isanzwe.

Previous Post

Ngoma: Yishwe ateraguwe ibyuma

Next Post

Gatsibo:Umuturage yakubiswe inkoni kugeza apfuye

Next Post
Gatsibo:Umuturage yakubiswe inkoni kugeza apfuye

Gatsibo:Umuturage yakubiswe inkoni kugeza apfuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved