• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Tiwa Savage kuri ubu ufite imyaka 45 yavuze ko aho bigeze yifuza umugabo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 19, 2025
in IMYIDAGADURO
2
Tiwa Savage kuri ubu ufite imyaka 45 yavuze ko aho bigeze yifuza umugabo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuhanzikazi w’icyamamare muri Nigeria, Tiwa Savage, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko yifuza gushaka umugabo, ndetse atatinya kuba umugore wa kabiri.

Uyu muhanzi w’imyaka 45, uzwi mu ndirimbo nka Somebody’s Son na Eminado, yavuze ko amaze kugera ku rwego rwiza mu buzima bwe bw’imari, ariko akibura urukundo nyakuri.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Ati: “Ngeze mu myaka 45 kandi ndumva nshaka kurongorwa. N’iyo naba umugore wa kabiri ku mugabo utifite cyane, byaba bihagije.”

Tiwa Savage yasobanuye ko yigeze gutekereza kuba “sugar mummy”, ariko ngo yumvise bitamushimisha kuko icyo akeneye atari amafaranga cyangwa kwishimisha, ahubwo ari urukundo rw’umugabo umwubaha kandi umufata neza.

Yongeyeho ati: “Nari narigeze gutekereza kuba sugar mummy, ariko si ikintu nshaka. Icyo nshaka ni urukundo nyakuri, kandi sinzi niba nzongera guhura n’umugabo unkunda by’ukuri.”

Ibi byatangije impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga. Bamwe bamushimye nk’umugore uhamye mu bitekerezo udatinya kugaragaza amarangamutima ye, mu gihe abandi bamunenze bavuga ko amagambo ye asa n’ayasuzugura agaciro k’umugore.

Abenshi bavuze ko ibyo yavuze byerekana ko kwamamara n’ubutunzi atari byo bitanga ibyishimo cyangwa gukundwa by’ukuri.

Tiwa Savage yatandukanye n’uwahoze ari umugabo we Tee Billz mu 2016, bapfuye ibibazo byerekeye kutizerana no kutumvikana ku kazi, dore ko uyu mugabo ari we wari ushinzwe kumwunganira mu bijyanye n’umuziki.

Uyu muhanzikazi ni umwe mu bagore bagejeje injyana ya Afrobeat ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu bufatanye n’abahanzi bakomeye nka Beyoncé, Brandy, n’abandi.

Previous Post

Kamonyi: Yafashwe amaze gusambanya ihene bamubajije avuga ko atari ubwambere

Next Post

Raila Odinga yashyinguwe impande y’aho umubyeyi we ashyinguye

Next Post
Raila Odinga yashyinguwe impande y’aho umubyeyi we ashyinguye

Raila Odinga yashyinguwe impande y'aho umubyeyi we ashyinguye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved