• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kamonyi: Yafashwe amaze gusambanya ihene bamubajije avuga ko atari ubwambere

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 18, 2025
in Amakuru
0
Kamonyi: Yafashwe amaze gusambanya ihene bamubajije avuga ko atari ubwambere
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Gahinga, Umudugudu wa Kagarama, haravugwa inkuru itangaje y’umusore ukekwaho gusambanya ihene.

Uyu musore witwa Ndababonye, ufite imyaka iri hagati ya 18 na 20, bivugwa ko yafashwe akora ayo mahano, ndetse yemera ko atari inshuro ya mbere abikoze.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Abaturage bavuga ko ubwo bari mu bikorwa byo kubaka, babonye abantu bashoreye umusore bamubaza icyabaye, bababwira ko yafashwe asambanya ihene. Umuturage umwe yagize ati:

“Twari turi ku muhanda twubaka, tubona bashoreye uwo musore. Tubabajije icyo yakoze, batubwira ko yafashwe asambanya ihene. Twabajije nyir’iyo hene atubwira ko koko hari ibimenyetso bigaragaza ko yasambanyijwe, kuko ku gice cy’amabuno hagaragara amasohoro ndetse hanatukuye.”

Uyu muturage akomeza avuga ko atahamya neza niba koko ibyo yabonye ari byo by’ukuri cyangwa niba hari abandi babigizemo uruhare, ariko ngo abagiye gufata uwo musore nibo bavuze uko byagenze.

Nyuma yo gufatwa, Ndababonye yajyanywe imbere y’inzego z’ibanze zirimo umudugudu n’Akagali, ngo hamenyekane uko iki kibazo cyakemurwa.

Amakuru avuga ko bashobora kuba bari kuganira ku buryo bakemura iki kibazo, harimo no kumubabarira cyangwa kumushyikiriza inzego z’umutekano.

Undi muturage yagize ati:

“Nyir’ihene ubwe yambwiye ko atari ubwa mbere abikoze. Yambwiye ko ari inshuro ya kabiri. Nahise mubwira ko uwo musore afite ikibazo mu mutwe, ko byaba byiza ababyeyi be bamujyanye kwa muganga.”

Abaturage benshi bemeza ko ibyo uyu musore yakoze ari amahabo, bakavuga ko yari akwiye gushaka abakobwa aho kujya kwishora mu bikorwa nk’ibyo.

“Hari abakobwa benshi bavuga ko babuze abagabo, ariko we arashaka ihene! Ni ubusazi. Byerekana ko afite ikibazo mu mutwe,” umwe mu baturage yagize atyo, abandi bakomeza kumuseka bavuga ko adashobora no gutereta abakobwa.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kagarama, Assouman Ngayaberura, yavuze ko ayo makuru atari yayamenya kubera ko yari yagiye kwa muganga kurwaza umwana.

Ati “Nta makuru nari mfite kuko nari nagiye kwa muganga njyanye umwana,”

Ku ruhande rw’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko aya makuru atari yakayamenya, ariko ko agiye kuyakurikirana kugira ngo hamenyekane ukuri.

Ati“Ayo makuru ntabwo nari nayamenya, ariko tugiye kuyakurikirana. Niturangiza kubimenya neza, tuzatanga ibisobanuro.

Inzego z’ubuyobozi ntizagaragaraye ahabereye iby’ayo makuru ubwo itangazamakuru ryageraga aho byabereye, ariko abaturage bamwe bagaragaje impungenge ko uwo musore ashobora no guhungabanya abandi bana mu gihe yaba atitaweho n’inzego zibishinzwe.

Iki si cyo gihe cya mbere inkuru nk’iyi yumvikanye mu Karere ka Kamonyi, kuko n’ahandi mu gihugu hakunze kugaragara abantu bakora ibikorwa nk’ibi by’ubusambanyi ku matungo, bikitwa imyitwarire idasanzwe, ndetse bagahanwa n’amategeko.

Previous Post

Bugesera: Umwana yatoraguye inkoko yapfuye ayizanira umuryango we bayiriye bahita bapfa

Next Post

Tiwa Savage kuri ubu ufite imyaka 45 yavuze ko aho bigeze yifuza umugabo

Next Post
Tiwa Savage kuri ubu ufite imyaka 45 yavuze ko aho bigeze yifuza umugabo

Tiwa Savage kuri ubu ufite imyaka 45 yavuze ko aho bigeze yifuza umugabo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved