• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rwamagana: Umusore yateye icyuma umukunzi we bari bararanye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 17, 2025
in Amakuru
0
Rwamagana: Umusore yateye icyuma umukunzi we bari bararanye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Inzego z’umutekano hamwe n’iz’ibanze zatangiye ibikorwa byo gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya, Akarere ka Rwamagana, ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umukobwa bakundanaga, amuteye icyuma ubwo bari baryamanye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025.

Uwo musore, witwa Bizumuremyi Faustin, uzwi ku izina rya Kidumu kandi uri mu myaka 30, arakekwaho kuba ari we wishe Emelyne, umukobwa w’imyaka 18, mu Mudugudu wa Kabasha, Akagari ka Nyarubuye, aho bombi bari baraye.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Abaturanyi bavuga ko mu masaha ya saa cyenda z’igicuku bumvise induru zivuye aho uwo musore yari acumbitse, bahita bihutira kuhagera bari kumwe n’irondo. Bagezeyo basanga umukobwa yakomeretse bikomeye atewe icyuma, mu gihe ukekwaho icyaha yahise atoroka.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwemeje iby’ayo makuru, buvuga ko ubwo irondo ryageraga aho byabereye, basanze icyuma kiremereye kiri ku buriri cyanduye amaraso, uwagikoresheje yamaze guhunga.

Nyakwigendera yahise ajyanwa n’imbangukiragutabara ku Bitaro bya Rwamagana, ariko nubwo abaganga bagize icyo bakora ngo bamurokore, yahise ahasiga ubuzima.

Kugeza ubu inzego z’umutekano ziracyashakisha Bizumuremyi Faustin, mu gihe impamvu zatumye akora ubwo bwicanyi zikiri gukorwaho iperereza. Umukobwa wishwe yahise ashyingurwa mu cyubahiro, mu gihe abaturage b’aho byabereye bagaragarije agahinda n’akababaro batewe n’urupfu rwe.

 

Isoko:RADIOTV10

Previous Post

Inyeshyamba za Wazalendo zasubiranyemo hagati yazo bamwe bahasiga ubuzima

Next Post

Bugesera: Umwana yatoraguye inkoko yapfuye ayizanira umuryango we bayiriye bahita bapfa

Next Post
Bugesera: Umwana yatoraguye inkoko yapfuye ayizanira umuryango we bayiriye bahita bapfa

Bugesera: Umwana yatoraguye inkoko yapfuye ayizanira umuryango we bayiriye bahita bapfa

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved