Imirwano ikomeye yadutse hagati y’amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo, usanzwe ukorana n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yahitanye umukamando umwe.
Iyo mirwano yabereye mu gace ka Kikonde, muri Gurupoma ya Baskikalangwa, Segiteri ya Ngandja, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025.
Amakuru yemezwa n’inzego z’abaturage avuga ko ayo matsinda yombi akomoka ku ishami rya Forces des Autodéfenses de Biloze Bishambuke (FABB).
Umwe mu banyamuryango ba sosiyete sivile muri ako gace yagize ati:
“Imirwano yadutunguye, umukamando umwe yahise apfa, abaturage bahita bihisha mu ngo zabo kandi ibikorwa byose birahagarara.”
Undi wo muri sosiyete sivile nawe yemeje ko:
“I Kikonge hafi ya Sebele, amatsinda abiri ya Wazalendo yarwanye hagati, umwe muri bo ahasiga ubuzima.”
Nubwo ubu imirwano yacogoye, haracyari ubwoba ko ishobora gusubukura, kuko ayo matsinda akomeje kwiyegeranya no gushinga ibirindiro muri ako gace.
Abaturage bavuga ko ibi byerekana ukutumvikana kwari kimaze iminsi hagati y’abarwanyi ba Wazalendo, bamwe bashinjwa ibikorwa by’ubujura n’urugomo rubangamira rubanda.




