• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rubavu: Yafashwe yiba ibitoki basanga afite n’urumogi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 17, 2025
in Uncategorized
0
Rubavu: Yafashwe yiba ibitoki basanga afite n’urumogi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kuri sitasiyo ya RIB ya Rugerero mu Karere ka Rubavu hafungiye Maguru Joël, w’imyaka 35, ukurikiranyweho kwiba ibitoki mu murima w’umuturage witwa Nyiranizeyimana Dative. Mu gihe yasakwaga, inzego z’umutekano zasanze afite udupfunyika dutatu tw’urumogi, bikekwa ko yari asanzwe akoresha ibiyobyabwenge.

Umuturanyi we, Mugabo Jean, yavuze ko uyu mugabo asanzwe azwiho gukoresha ibiyobyabwenge no kubinywera iwe nijoro hamwe n’abandi bantu.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Ati: “Asanzwe ari umuntu wabaswe n’ibiyobyabwenge. Buri joro yajyaga azana abandi bagabo bakarunywera iwe, bigatera umutekano muke mu baturanyi.”

Umugore wa Maguru Joël na we yemeje ko amaze igihe abayeho mu buzima bugoranye kubera imyitwarire y’umugabo we.

Ati: “Umugabo wanjye yahindutse cyane. Yataye inshingano z’urugo, buri joro yazanaga abashumba bakarunywera mu rugo. Byari byarambiranye.”

Umuturanyi wabo yagaragaje ko kuva Maguru yatangira gukoresha ibiyobyabwenge no kwiba, byabaye intandaro y’amakimbirane mu rugo rwe.

Ati: “Yigeze kuba umugabo wubaha, ariko aho yigiye mu ngeso mbi yataye agaciro. Twifuza ko yakurikiranwa, akigishwa agahinduka, kugira ngo arwane ku iterambere ry’umuryango we.”

Furaha Jeannette, ushinzwe imari n’ubutegetsi mu Murenge wa Rubavu, yavuze ko Maguru Joël yahise ashyikirizwa RIB ya Rugerero kugira ngo akurikiranwe ku byaha ashinjwa.

Ati: “Ubujura n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ni ibyaha bihanwa n’amategeko, kandi ni ingeso mbi zisenya imiryango. Twahisemo kumushyikiriza RIB kugira ngo abibazwe, ndetse bigere no ku bandi nk’isomo.”

Yakomeje ashimangira ko ibi bihurirana n’ukwezi kwahariwe umuryango, aho ubuyobozi busaba abaturage kureka ingeso zose zonona ubusugire n’iterambere ryawo.

Ati: “Turifuza imiryango itekanye, idafite ibiyobyabwenge cyangwa ubujura. Ibyaha nk’ibi bitera gusenyuka kw’imiryango no kudindiza iterambere ryayo.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu buvuga ko bwafashe ingamba zo guhashya ibyaha n’ibiyobyabwenge, zirimo ubukangurambaga mu baturage n’amashuri, ndetse no gushishikariza imiryango kuganiriza abana n’abakuru ku ngaruka mbi zabyo, hagamijwe kubaka umuryango utekanye kandi ushishikajwe n’iterambere.

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yazanye Gerayo Amahoro mu isura nshya

Next Post

Inyeshyamba za Wazalendo zasubiranyemo hagati yazo bamwe bahasiga ubuzima

Next Post
Inyeshyamba za Wazalendo zasubiranyemo hagati yazo bamwe bahasiga ubuzima

Inyeshyamba za Wazalendo zasubiranyemo hagati yazo bamwe bahasiga ubuzima

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved