Mu mudugudu wa Kumusaraba, akagari ka Gakoma, umurenge wa Mumuli mu karere ka Nyagatare, haramutse humvikanye inkuru ibabaje ku itariki ya 15 Ukwakira 2025, aho umugore yatwitse umugabo we akoresheje amazi ashyushye bari baryamye akomukomeretse bikomeye cyane, cyane cyane ku gitsina n’ibindi bice y’umubiri.
Amakuru avuga ko uyu muryango wari usanzwe ufite amakimbirane ashingiye ku gucana inyuma.
Uwarokotse ubwo bugizi bwa nabi yagize ati:
“Nari mvuye ku irondo saa kenda z’ijoro, ngeze mu rugo ndaryama. Hashize akanya mbona umugore arabyutse aheka umwana, ngirango agiye mu kazi. Nabonye atetse amazi, numva ari ibisanzwe, ndongera ndasinzira. Si ko byagenze, kuko nakangutse numva ankuraho ishuka amenaho amazi ashyushye. Nahise nshya ku gitsina, ku nda no ku maboko. Ntekereza ko yabikoze anshinja ko njya gusambana iyo ngiye mu kazi, kandi atari byo.”
Umwe mu baturanyi yavuze ko bumvise urusaku rwinshi nijoro:
“Twumvise barasakuje turiruka tujya kureba, dusanga umugabo arimo yigaragura avuga ngo ‘umugore aranyishe.’ Twamubajije uko byagenze atubwira ko umugore we amumennyeho amazi ashyushye ubwo yari aryamye, bikamuviramo ibikomere bikomeye.”
Abaturage bo muri ako gace bavuga ko ibyo uwo mugore yakoze ari amahano, kandi basaba ko afatirwa ibihano bikwiye.
Ati: “Ntituba tujya mu ngo, ngo dutwike abo twashakanye. Ibi ni ibikorwa by’urugomo bikwiye guhanwa bikomeye,”
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gakoma, Bwana Ndayisenga Joseph, yemeje iby’ayo makuru mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, asobanura ko inzego zibishinzwe zahise zitabara.
“Uwakozweho icyaha yahise ajyanwa kwa muganga, naho ukekwaho icyaha yajyanwe kuri RIB kugira ngo akurikiranwe. Turasaba abaturage kujya batanga amakuru ku gihe, cyane cyane ajyanye n’amakimbirane yo mu ngo, kugira ngo hafatwe ingamba hakiri kare.”
Iyi nkuru ishimangira ko hakenewe ubukangurambaga bukomeye ku baturage kugira ngo bakemure amakimbirane mu mahoro aho guhitamo gukora amabi cg ubuhemu.




