• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ngoma: Umubyeyi yishwe akubiswe inkoni mu mutwe na mugenzi we

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 17, 2025
in Amakuru
0
Ngoma: Umubyeyi yishwe akubiswe inkoni mu mutwe na mugenzi we
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mudugudu wa Nyakagezi, Akagari ka Gafunzo, Umurenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, haraye habereye urupfu rw’agahomamunwa aho umubyeyi witwaga Muhayemungu Speciose, w’imyaka 59, yiciwe aho atuye, akubiswe inkoni mu mutwe n’uwo bikekwa ko bari bafitanye amakimbirane.

Bamwe mu baturage bavuze ko nyakwigendera yari asanzwe afitanye amakimbirane n’uwo bikekwa ko yamwishe.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umwe mu baturage yagize ati:

“Ejo twari turi guhingana,arataha ajya  gusheshya ubugari, avayo nimugoroba arongera ajya kureba imboga zo kurisha ubwo bigari. Imvura yariri kugwa, ari hafi ya saa moya n’igice, anyuraho arampamagara aransuhuza ambwira ko agiye guteka. Nanjye nari ntetse. Hanyuma haza mugenzi wacu duturanye witwa Nyiransengiyumva, arambwira ati ‘sohoka nkubwire. ati ‘Speciose baramwishe.’ Ndamubaza nti ‘ninde umwishe?’ arambwira ati ‘ni umugore witwa Dative.Sinabyemera, ariko ubwo nagezeyo nsanga koko yapfuye. Uwamwishe yahise yiruka.”

Undi muturage, wari incuti ye, nawe yagize ati:

“Twarikumwe ku isoko rya ahazwi nko mukabuga. Nimugoroba ndamubwira nti ‘reka dutahe,’ aranga ambwira ngo ari kuganira n’umuhungu we, ngo hari akantu ashaka kubanza gukemura. Nagiye ntashye, hashize akanya umwuzukuru aza ambwira ati ‘se mam,uziko Spciose aryamye hano hepfo ku muhanda.’ Ngo ni wa mugore bita Dativa wamwishe.”

Umuhungu wa nyakwigendera ati:

“ twari kumwe arambwira ngo ‘muhe amafaranga ajye guhaha ajye guteka hari  nimugoroba ariko ansaba ngo muhereze telefone ye kugira ngo batayiba. Nyimuhaye, ndamubwira ngo ajye guteka. Atashye ageze munzira ni bwo yahuye n’uwo bari bafitanye amakimbirane, ahita amukubita inkoni mu mutwe arapfa.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Sake, Bwana Ndaruhutse Jean Dedieu, ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, yagize ati:

“Icyo twasaba abaturage ni uko bakwirinda kwihanira. Niba umuntu akubabaje cyangwa agututse, jya wegere ubuyobozi kuko ari bwo bubishinzwe. Dufite inzego nyinshi kandi zitanga ubutabera. Nta mpamvu yo kwihanira, kuko amategeko arazwi kandi areba buri Munyarwanda wese.”

Amakuru yemeza ko nyakwigendera Muhayemungu Speciose mbere yo kwicwa yari avuye guhaha mu gasantere ko mkabuga, ubwo yari atashye, agahura na Dative, bikekwa ko yahise amukubita inkoni rimwe mu mutwe, agahita apfa.

Uyu mubyeyi asize abana batanu, naho umurambo we wahise ujyanwa ku bitaro kugira ngo iperereza rikomeze.

Previous Post

Kinshasa: Amabandi yinjiye muri bank afata bugwate abakozi bakoramo

Next Post

Gatenga: Imodoka ya Toyota yakoze impanuka igwa mu rugo rw’umuturage igwira umwana wari uryamye

Next Post
Gatenga: Imodoka ya Toyota yakoze impanuka igwa mu rugo rw’umuturage igwira umwana wari uryamye

Gatenga: Imodoka ya Toyota yakoze impanuka igwa mu rugo rw’umuturage igwira umwana wari uryamye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved