• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubwinshi bw’abaturage bwahagaritse ibikorwa ku kibuga cy’indege i Nairobi kugira ngo basezere kuri Raila Odinga – Amafoto

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 16, 2025
in Uncategorized
0
Ubwinshi bw’abaturage bwahagaritse ibikorwa ku kibuga cy’indege i Nairobi kugira ngo basezere kuri Raila Odinga – Amafoto
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abantu benshi bakoraniye kuri Sitade ya Moi International Sports Centre i Nairobi aho umubiri wa Raila Amolo Odinga werekejwe kugira ngo abaturage bamusezereho bwa nyuma.

Ku wa 16 Ukwakira 2025, umwuka w’akababaro wari wuzuye mu murwa mukuru wa Kenya ubwo indege yari itwaye umurambo wa Raila Odinga yageraga ku kibuga mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta. Abantu bari benshi cyane ku buryo imirimo yo ku kibuga cy’indege yahagaritswe by’agateganyo mu gihe cy’amasaha abiri kubera umubyigano.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Nyuma yo kumuvana ku kibuga, umurambo we wahise ujyanwa kuri Sitade ya Moi, aho abaturage baje ari benshi baje kumuha icyubahiro cya nyuma. Bitewe n’ubwinshi bw’abantu, inzego z’umutekano zakoresheje imyuka iryana mu maso mu kugerageza kugenzura ubwinshi bw’abantu bari bakomeje kwiyongera.

Raila Odinga yari yarasabye ko azashyingurwa mu masaha 72 nyuma y’urupfu rwe, kandi ibyo bikaba biri kubahirizwa. Biteganyijwe ko azashyingurwa ku wa 18 Ukwakira 2025 iwabo i Bondo, mu birometero hafi 60 uvuye i Kisumu.

Imihango yo kumwibuka iri kubera kuri Nyayo National Stadium kuva ku wa Gatanu, ikazasozwa ku wa Gatandatu ubwo azashyingurwaho.

Abaturage batandukanye baganiriye n’itangazamakuru bagaragaje akababaro kenshi, bavuga ko Raila Odinga yari umuntu wababereye nk’umubyeyi, kandi ko kumubura ari nk’uko babuze umuyobozi wabahuzaga bose.

 

Previous Post

Perezida Paul Kagame yashenguwe n’urupfu rwa Raila Odinga

Next Post

Kinshasa: Amabandi yinjiye muri bank afata bugwate abakozi bakoramo

Next Post
Kinshasa: Amabandi yinjiye muri bank afata bugwate abakozi bakoramo

Kinshasa: Amabandi yinjiye muri bank afata bugwate abakozi bakoramo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved