Mu Murenge wa Runda, mu isanteri ya Ruyenzi, mu Karere ka Kamonyi, Intara y’Amajyepfo, habereye impanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yari itwaye umucanga ivuye i Muhanga yerekeza i Gihara, aho yagonze izindi modoka ndetse ikahitana abantu babiri barimo umunyeshuri.
Amakuru y’abo mu baturage bavuga ko iyi modoka yacitse feri ubwo yageraga ku kamanuka kerekeza mu muhanda ujya ahazwi nka Magerwa, maze irenga umuhanda igonga imodoka zari zaparitse ndetse n’abari bahagaze hafi.
Umwe mu baturage wabonye uko byagenze yagize ati:
“Iyi modoka yamanutse ivuza amahono, umushoferi areba ahantu yayishyira ngo atica abantu benshi. Yagerageje kuyiyobora mu nzira idafite abantu benshi ariko ibanza kugonga abanyeshuri bari hafi y’inzira. Turashimira Imana ko itishe abantu benshi nk’uko byashobokaga.”
Ababonye iyi mpanuka bavuga ko umushoferi yagerageje gukora ibishoboka byose ngo imodoka ye itagira abo ihitana benshi, ariko ntibyamukundira kuko yagonze abantu babiri barimo umunyeshuri n’umukozi (agent) wari hafi aho.
Uretse abo bagizweho ingaruka n’ubuzima bwabo, iyi modoka yanangije izindi modoka zari zaparitse hafi aho, imwe muri zo yangiritse bikomeye.
Abaturage bo muri aka gace basaba inzego zishinzwe umutekano n’ibikorwa by’ubwikorezi gukora igenzura ryimbitse ku modoka za HOWO zikunze gutwara umucanga muri ako karere, kuko ngo kenshi zicika feri zikagira uruhare mu mpanuka nyinshi.
Umwe mu bajyana na ahoferi bazwi ku izina rya Tandiboyi asobanura ibyabaye yagize ati:
“Twari tuvuye i Muhanga dupakiye umucanga. Imodoka yagenze neza kugeza igeze ku kamanuka, feri iracika. Umushoferi yaragerageje kuyihagarika, ariko imodoka igonga abantu babiri naho ahoferi twari kumwe ari kwa muganga. Imana ni yo yabaye hafi.”
Kugeza ubu Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ntaragira icyo atangaza ku by’iyi mpanuka, ndetse n’umubare w’abakomeretse nturamenyekana neza, ariko amakuru yemeza ko abamaze guhitanwa n’iyi mpanuka ari babiri.








