Abanyerondo babiri hamwe n’umuzamu wari ushinzwe kurinda ibiro by’Akagari ka Buhoro, mu Murenge wa Gishyita ho mu Karere ka Karongi, bafashwe na RIB nyuma y’uko hagaragaye ko ibendera ry’u Rwanda ryari riri ku biro by’ako kagari ryibwe mu ijoro, abo bari baririnze bose basinziriye.
Amakuru avuga ko ubwo ibi byabaga, aba bagombaga gucunga umutekano bari baryamye, bikaba ari bwo abantu bataramenyekana baje bakuraho ibendera. Umunyerondo umwe utari urinze kuri ibyo biro ariko wari ku kazi ijoro ryabereyemo ubu bujura, yavuze ko bagenzi be yasanze baryamye.
Yagize ati: “Bakangutse hagati ya saa munani z’ijoro basanga ibendera ryabuze. Umuzamu yahise ahamagara Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Buhoro amumenyesha ibyabaye.”
Nsengiyumva Rwandekwe Songa, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishyita, yemeje iby’ubu bujura, avuga ko byatewe n’uburangare bw’abacungaga umutekano.
Ati: “Kuryama ku kazi ukibagirwa inshingano ni amakosa akomeye. Ni yo mpamvu aba bantu bagomba kubisobanuraho.”
Yongeraho ko iperereza rya RIB ririmo gukorwa kandi hari icyizere ko amakuru ava muri abo bafashwe azafasha kumenya abibye ibendera. Uyu muyobozi kandi yavuze ko ubuyobozi bufatanyije n’abaturage mu gushakisha iryo bendera no kumenya abagize uruhare muri ubwo bujura.




