Amakuru aturuka muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru aravuga ko ibice bya Luke na Mulema byafashwe n’inyeshyamba z’Ihuriro AFC/M23, nyuma y’intambara ikaze yabaye hagati y’umutwe wa Wazalendo, usanzwe ubarizwa ku ruhande rwa Leta ya DRC.
Ibi bice byombi byatangiye kugenzurwa na AFC/M23 kuva kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Ukwakira 2025, ubwo iri huriro ryari rimaze gutsinda imirwano yamaze umunsi wose.
Imirwano yatangiye mu gitondo cya kare, ahagana saa kumi n’imwe, ubwo abarwanyi ba M23 batangizaga igitero kigamije guhashya inyeshyamba za Wazalendo zari zimaze iminsi zibangamira abaturage muri ako gace.
Amakuru yemeza ko nyuma yo gutsindwa, abarwanyi ba Wazalendo bahungiye mu gace ka Ngururu, nyuma yo kuraswa bikomeye. Abaturage benshi nabo bahise bava mu byabo, bahungira mu bice bya Ngururu no mu majyepfo ya Luke, kugira ngo birinde ingaruka z’intambara.
Nta mibare y’abahitanywe n’iyi mirwano iratangazwa, ariko haracyari ubwoba ko ishobora gusubukurwa, kuko bivugwa ko Wazalendo bari kwitegura igitero cyo kwisubiza ibice byabo yambuwe.
Byongeye, iyi mirwano ije nyuma y’aho AFC/M23 iherutse kongeramo abakomando bashya barenga 9,000, bakaba barahawe ubutumwa na Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’iri huriro, bubibutsa ko intego nyamukuru ari “uguhirika ubutegetsi bwa DRC bushinjwa kunaniza abaturage.”




