Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kugira gatsiko k’amabandi, nyuma y’uko hagabwe igitero aka gatsiko kagakomeretsa abantu.
Aba bantu bafashwe mu gitondo cyo ku wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Berwa, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Tumba.
Ibi byabanjirijwe n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byabaye ubwo abagabo batandatu bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro, ibyuma n’inkoni batezaga akaduruvayo mu kabari k’uwitwa Simbarikure.
Urusaku rwabayeho rwahuruje abaturage baturanyi, ariko ubwo bageragezaga gutabara, bamwe muri bo barabakomerekeje bikomeye.
Abakomerekejwe barimo Nshimiyimana Simon w’imyaka 36, Mporwiki Damian w’imyaka 44, na Nizeyimana Jean Pierre w’imyaka 30 — bose bakomeretse mu mutwe, bakaba barahise bajyanwe kuvurirwa mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko iperereza ryatangiye kandi ko abakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma.
Yagize ati: “Abakomerekejwe bajyanywe kwa muganga kugira ngo bavurwe, naho Polisi kugeza ubu imaze gufata bane bakekwaho ubujura, gukubita no gukomeretsa. Bose bafungiye kuri sitasiyo ya Ngoma mu gihe iperereza rikomeje.”
CIP Kamanzi yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha nk’ibi bikumirwe hakiri kare, anibutsa ko Polisi itazihanganira abashaka guhungabanya ituze ry’abaturage.
Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, Meya Ange Sebutege yavuze ko bazakaza ingamba z’umutekano mu bice byagaragayemo ibyo bikorwa.
Yavuze ati: “Turashimira abaturage batabaye kandi tubahumuriza. Turasaba Irondo gukomeza gukora kinyamwuga no kugira uruhare mu gukumira ibyaha.”
Ibi bibaye mu gihe hashize icyumweru kimwe abaturage bo muri Tumba bagaragaza impungenge z’agatsiko k’amabandi kabateraga ubwoba, bakavuga ko hari bamwe mu banyerondo bakekwaho gukorana na ko. Icyo gihe Polisi yari yatangaje ko yatangiye iperereza ku bakekwaho ubwo bufatanye.
IVOMO:Radiotv10




