• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Donald Trump yashimiye umutwe wa Hamas ku cyemezo wafashe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 4, 2025
in Amakuru
0
Donald Trump yashimiye umutwe wa Hamas ku cyemezo wafashe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umutwe wa Hamas watangaje ko wemeye kurekura Abanya-Israel bose wafunze, yaba abakiri bazima cyangwa abapfuye, mu rwego rwo gushyigikira gahunda nshya y’amahoro yatangajwe na Perezida Donald Trump.

Ibi byatangajwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, nyuma y’uko Trump asabye impande zombi kugera ku bumvikane bitarenze ku Cyumweru tariki 5 Ukwakira 2025.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Hamas yavuze ko yiteguye gukorana n’abahuza mu biganiro bigamije gushyira mu bikorwa gahunda y’amahoro ya Trump.

Trump yishimiye iki cyemezo, abinyuza ku rubuga Truth Social, aho yagize ati:

> “Dushingiye ku itangazo rya Hamas, biragaragara ko hari icyizere cy’amahoro arambye. Israel igomba guhita ihagarika ibitero kuri Gaza kugira ngo imfungwa zibohorwe vuba kandi mu mutekano.”

Mu mashusho yashyize hanze, Trump yongeyeho ko ari umunsi ukomeye ushobora guhindura amateka y’intambara ya Gaza.

Amakuru avuga ko Hamas igifite imfungwa 48 z’Abanya-Israel, aho 20 muri bo aribo bikekwa ko bakiri bazima.

Ku ruhande rwa Israel, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu byatangaje ko igihugu cyiteguye guhita gishyira mu bikorwa icyiciro cya mbere cya gahunda ya Trump, kandi ko kizakorana bya hafi n’Amerika mu kurangiza intambara.

Israel nayo yemeye kurekura imfungwa 250 z’Abanye-Palestine bari barakatiwe burundu, ndetse n’abandi 1700 bafashwe nyuma y’igitero cya Hamas cyo mu 2023.

Gahunda nshya ya Trump ivuga ko ibitero kuri Gaza bigomba guhagarara, imfungwa zigafungurwa mu masaha 72, kandi nta muntu uzahatirwa kwimuka. Iyi gahunda ishobora gufungura inzira y’ubwigenge bwa Palestine, ariko ibyo ntibirahabwa umugisha wose.

Nubwo bimeze bityo, Hamas ntiyigeze igaragaza ubushake bwo gushyira intwaro hasi, kimwe mu byasabwe na Amerika na Israel, bikaba bishobora kugorana mu biganiro.

Ibihugu nka Misiri, Qatar na Loni byagaragaje ko bishimira iyi ntambwe nk’ishobora kuba intangiriro y’amahoro arambye mu karere ka Gaza.

Previous Post

Kayonza: Umusore yagiye gushaka ubwatsi bw’amatungo bamutera amabuye arapfa

Next Post

Mugisha Gilbert ukinira APR FC yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we – AMAFOTO

Next Post
Mugisha Gilbert ukinira APR FC yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we – AMAFOTO

Mugisha Gilbert ukinira APR FC yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we - AMAFOTO

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved