• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Siporo

Byinshi utari uzi kuri Joy-Lance Mickels umukinnyi ugiye gukinira Amavubi bwa Mbere

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 2, 2025
in Siporo
0
Byinshi utari uzi kuri Joy-Lance Mickels umukinnyi ugiye gukinira Amavubi bwa Mbere
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ku nshuro ya mbere mu mateka ye, Joy-Lance Mickels ukinira Sabah FK muri Azerbaijan, agiye kwambara umwambaro w’Amavubi nyuma yo guhamagarwa na Adel Amrouche mu mikino y’ijonjora ry’Igikombe cy’Isi.

Uyu mukinnyi w’imyaka 31, wavukiye mu Budage, yanyuze mu rugendo rurerure mbere yo kugera ku rwego ariho ubu. Yatangiye kwiga umupira mu ishuri rya Borussia Mönchengladbach, ariko amahirwe yo kwigaragaza muri Bundesliga ntayamuboneye. Yanyuze mu makipe menshi y’abato ndetse n’ay’icyiciro cya kabiri n’icya gatatu mu Budage nka Schalke 04 II, Alemannia Aachen na Wacker Nordhausen, aho yegukanye igikombe cya Thuringian Cup mu 2019.

Related posts

Leonidas Ndayisaba wari umenyerewe mu biganiro by’imikino hano mu Rwanda yagiye ku yindi Radio

Leonidas Ndayisaba wari umenyerewe mu biganiro by’imikino hano mu Rwanda yagiye ku yindi Radio

March 16, 2026
FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

January 20, 2026

Uko imyaka yagiye ishira, Mickels yakomeje gushakisha amahirwe mashya: yakiniye Carl Zeiss Jena mu cyiciro cya gatatu, ajya mu Buholandi muri MVV Maastricht, hanyuma mu 2021 ajya muri Sabah FK yo muri Azerbaijan. Niho yahise yigaragaza nk’umukinnyi ukomeye w’iyo kipe. Mu 2023 yabanje kwerekeza muri Al-Faisaly yo muri Saudi Arabia, ariko ntiyahatinze kuko yahise agaruka muri Sabah nyuma y’umwaka umwe.

Mickels azwi nk’umusatirizi ukina ku mpande (winger) ufite umuvuduko n’ubushobozi bwo gutsinda. Mu mpeshyi y’uyu mwaka, ku wa 17 Nyakanga 2025, yigaragaje cyane atsinda ibitego bitatu wenyine (hat-trick) mu mukino wa Europa League wahuje Sabah na Celje yo muri Slovenia, warangiye ari 3-3.

Ubu, amateka mashya aramutegereje: umukino wa mbere mu Amavubi azawukina tariki ya 10 Ukwakira 2025 kuri Stade Amahoro, ubwo u Rwanda ruzaba ruhura na Benin mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Previous Post

Kayonza: Hari imihanda iri kuri kaburimbo itakiri nyabagendwa kubera abagizi ba nabi bayigabije

Next Post

Uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda yasezeranye imbere y’imana – amafoto

Next Post
Uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda yasezeranye imbere y’imana  – amafoto

Uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda yasezeranye imbere y'imana – amafoto

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved