• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uburezi

Iyumvire ubutumwa Madamu Jeannette Kagame yahaye ababyeyi -burimo isomo rikomeye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 30, 2025
in Uburezi
0
Iyumvire ubutumwa Madamu Jeannette Kagame yahaye ababyeyi -burimo isomo rikomeye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Madamu Jeannette Kagame yongeye gusangiza Abanyarwanda ubutumwa bwibanda ku muryango, yibutsa ko kuba umubyeyi ari umugisha udasanzwe kandi ko abana ari impano ikomeye ikwiye kwitabwaho.

Umwana ni umugisha

Related posts

Ntibazaguma mu rugo ubusa: REB yateguye imikoro idasanzwe ku banyeshuri

Ntibazaguma mu rugo ubusa: REB yateguye imikoro idasanzwe ku banyeshuri

September 18, 2025
Itangazo rireba Abanyeshuri bose bakoze ibizamini bya Leta Umwaka 2025-2026 igihe azasohokera

Abakobwa batsinze neza! Uko Abanyeshuri bitwaye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange 2024-2025

August 19, 2025

Mu butumwa bwe, yagize ati: “Umwana ni ‘umugisha’! Nagira ngo munkundire tujyane mu rugendo rwe rwa mbere kugira ngo twumve ukuntu ntakiruta umwana! Uko agerageza gupfumbata urutoki rw’umubyeyi mu gapfunsi ke k’umwana ukivuka; wumva muri we umutekano. N’umubyeyi kandi nawe ni uko, yifuza kumuhora hafi. Yemwe n’iyo amaze gukura, umwana akomeza kuba umwana imbere y’umubyeyi.”

Yibukije ko umubyeyi akunda umwana we kurusha ubuzima bwe bwite, n’ubwo rimwe na rimwe bigaragara nk’aho ababyeyi babacunga cyane cyangwa babacyaha, ariko byose bishingiye ku rukundo no ku kwifuriza abana ejo hazaza heza.

Uruhare rw’umuryango

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko impamvu akunda kwandika ku muryango ari uko ubumwe bwawo ari ishingiro ry’igihugu gitekanye.

Ati: “Iyo nandika rero, ntabwo ari uko mba mfite ibisubizo byose, ahubwo ni ukugira ngo tuganire kandi tujye inama. Uyu munsi nifuje ko tuganira ku kurera, turerera mu muryango utekanye, turera abakotanira u Rwanda!”

Yagarutse ku bibazo ababyeyi bahura nabyo mu kurera, ashimangira ko nta mwana uhitamo aho avukira nk’uko n’ababyeyi badahitamo abana babo. Yibajije niba koko kurera neza bishoboka, asaba ko ababyeyi bareka kwita abana amazina abatesha agaciro ahubwo bakabubakira icyizere.

Ineza mu burere

Mu butumwa bwe, Jeannette Kagame yasobanuye ko uburere bukwiriye ari ubudahutaza, n’igihe umwana afite imyitwarire itamenyerewe. Yavuze ko kenshi abana bashyirwa mu byiciro cyangwa bakitwa amazina nk’“umwana ucecetse” cyangwa “ugoye”, nyamara ibyo bigasiga ibikomere mu marangamutima yabo.

Ati: “Twibagirwa ko buri mwana afite imiterere ye bwite n’impano ze, kandi n’imyitwarire tubonana abana iba ifite aho ihurira n’imiryango bakomokamo.”

Yashimangiye ko ababyeyi bakwiye kwiga gukosoza ineza, batagambiriye gukoza isoni abana, ahubwo bakabaha umwanya wo gukura, gukora no gukosorwa mu rukundo.

Gutoza indangagaciro

Madamu Jeannette Kagame yibukije ko umwana wahawe uburere bwiza atavuka atarabona ibigeragezo, ahubwo ni uwo werekanywe urukundo, agatozwa kugira impuhwe, icyizere n’inzozi zagutse.

Ati: “Umwana ufite uburere bwiza ntabwo ari umwana warinzwe ibibi cyangwa utarahuye n’ubuzima bugoye, ahubwo ni umwana weretswe urukundo, agatozwa kugira impuhwe, kwigirira icyizere, kugira inzozi zagutse n’ishyaka. Byongeye kandi akigishwa ko gukosa atari iherezo ry’ubuzima, ko ahubwo akwiye kubikuramo isomo rimwubaka.”

Umuryango n’ishingiro ry’igihugu

Yasoje ubutumwa bwe yibutsa ko umuryango ari ishingiro ry’igihugu, asaba buri wese kwita ku mwana wese nk’uwe.

Ati: “Niba koko twifuza kurera abana bazavamo Abanyarwanda bashoboye, badaterwa ubwoba n’ingorane z’ubuzima, ahubwo bahora bashakisha, batekereza icyazana impinduka nziza, dukwiye kububakamo ubudaheranwa. … Umuryango ni ishingiro ry’igihugu. Ubudasa bw’igihugu buhera mu muryango!”

Madamu Jeannette Kagame yashimiye abamuteze amatwi, abifuriza gukomeza kugira umunsi mwiza wo gukunda igihugu.

Previous Post

Rubavu: Abashinzwe umutekano bamennye Umusururu abaturage bafata ibikombe n’indobo bajya kuwudaha

Next Post

Amategeko mashya y’umuhanda: Dore amanota abashoferi bagiye kujya bakurwaho igihe bayakoze batwaye ikinyabiziga

Next Post
Amategeko mashya y’umuhanda: Dore amanota abashoferi bagiye kujya bakurwaho igihe bayakoze batwaye ikinyabiziga

Amategeko mashya y’umuhanda: Dore amanota abashoferi bagiye kujya bakurwaho igihe bayakoze batwaye ikinyabiziga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved