• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rusizi: Abakecuru bigize abasabirizi bajya gusaba mu rugo rw’abandi basiga barusahuye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 29, 2025
in Amakuru
0
Rusizi: Abakecuru bigize abasabirizi bajya gusaba mu rugo rw’abandi basiga barusahuye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, inzego z’umutekano zafashe abagore babiri barimo umukecuru w’imyaka 70, nyuma yo kugaragara bafite imyenda y’umuturage bari bamaze kwiba.

Abo bafashwe ni Mukarishiri, w’imyaka 70, na Nyirangirimana, bombi bakomoka mu Murenge wa Gihundwe. Bafatiwe mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Kamashangi, nyuma yo kwiba imyenda yari yanitswe mu rugo rwa Muhutukazi Jeannine.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Uwo muturage wibwe yavuze ko yagiye ku isoko agarutse agasanga imyenda ye imaze kwibwa atangira kuyishakisha maze ayisanga mu kabari kari hafi aho, aho abo bagore bari bayizingazinze.

Yagize ati: “Nasanze imyenda yanjye nta yihari. Nibutse ko mu minsi yashize hari abagore b’abakecuru n’abandi bakunze kugenda basabiriza muri aka gace ariko bafite intego yo kwiba. Nahise nkurikirana, nsanga ari bo bayitwaye.”

Abaturage bavuga ko ubu buryo bwo kwitwikira gusabiriza ariko bagamije kwiba bumaze iminsi kwiyongera muri aka gace. Mu bihe bishize, ngo hari undi mugore wafashwe yitwaje umwana ngo amusabiriza, nyamara intego ari ukwiba iby’agaciro.

Umwe mu baturage yagize ati: “Hari ubwo bafata afite imyenda, amashuka n’ibindi bifite agaciro k’arenga ibihumbi 50 Frw. Urumva ni ikibazo gikomeye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Ingabire Joyeux, yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku gihe kugira ngo ibikorwa nk’ibi bikumirwe hakiri kare.

Ibi byabaye bigaragaza uburyo gusabiriza bishobora kuba inzira ikoreshwa na bamwe mu kwinjira mu ngo z’abaturage bafite intego yo kwiba. Iki ni ikibazo gihungabanya umutekano n’imibereho y’abaturage, kuko bituma abantu batakaza ibikoresho byabo ndetse bigateza n’amakimbirane mu muryango nyarwanda usanzwe uzwiho gukunda gufasha abababaye.

Abaturage barasabwa kugira umuco wo gutanga amakuru ku gihe no kutemera gucumbikira cyangwa guha icyuho abantu batamenyereye mu ngo zabo bitwaje gusabiriza.

Ku rundi ruhande, inzego bireba zikwiye gukomeza ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu guca gusabiriza bagashaka uburyo buboneye bwo kwiteza imbere.

Previous Post

Namibia: Umuriro watatse parike inyamanswa zibigenderamo

Next Post

Ikipe y’igihugu y’Afurika y’Epfo iri mu mazi abira nyuma yo gukora amayeri bikanga kuyihira

Next Post
Ikipe y’igihugu y’Afurika y’Epfo iri mu mazi abira nyuma yo gukora amayeri bikanga kuyihira

Ikipe y'igihugu y'Afurika y'Epfo iri mu mazi abira nyuma yo gukora amayeri bikanga kuyihira

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved