Mu Mudugudu wa Byimana, Akagari ka Rusave, Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, haravugwa inkuru iteye agahinda y’umugabo witwa Muhawenimana Boniface, w’imyaka 38, wari umaze icyumweru ashatse umugore, nyuma umugeni akamwihakana akajya iwabo.
Abaturage bo muri ako gace bavuga ko Boniface yashatse Tumukunde Alice, w’imyaka 20, ku wa 13 Nzeri 2025, habaho imihango y’ubukwe isanzwe, ariko bageze mu rugo bigatangira kugorana umugeni yima umugabo.
Umwe mu baturage yagize ati:“Twasabye umugeni, turamukwa, barasezerana mu itorero. Ariko bageze mu rugo umugeni yanga kuryamana n’umugabo. Ntibyatinze birangira yahukanye.”
Undi muturage na we ati:“Umugeni yazanye umwana, akajya amushyira hagati ye n’umugabo. Byageze n’aho hari umushyitsi winjiye bagira ngo agiye kubasura, ariko aza gusohokana umugeni atwara ibintu byose.”
Boniface avuga ko yakundanye na Tumukunde mu gihe cy’amezi umunani, bagasaba, bagakwa ndetse bakanasezerana mu rusengero, ariko akavuga ko kuva bajya mu rugo umugeni atigeze yemera kubana na we nk’umugore n’umugabo.
Yagize ati:“Tumaze gusezerana twageze mu rugo akuramo agatimba, duherukana ubwo turi mu gisharagati kuko sinari bumuhozeho umugozi. Umwana we yararaga ku nzu, we akaryama hagati yiziritse imyenda nkuwayiziritse igiti, kumwegera bikaba intambara. Nta na rimwe yambwiye impamvu.”
Ku ruhande rwe, Tumukunde Alice yavuze ko ibyo yabonye bitandukanye n’ibyo yari yijejwe n’abo bamurangiye Boniface.
Yagize ati:“Uwo muntu ntituziyanaga cyane, baramundangiye. Naje kumusura banyereka amazu atari yo. Nagiye kubana na we nsanga ntago bimeze nk’uko bambwiraga. Nagerageje kubyihanganira ariko biranga. Ikintu nasabaga cyose ntiyabashaga kukinkorera, mpitamo kujyenda ntacyo nabijyanye, nabisizeyo.”
Hari abaturage bavuga ko icyatumye Alice yanga kubana na Boniface ari uko yasanze ubukene bukabije bwugarije uyu mugabo. Umwe yagize ati:
“Yatekerezaga ko agiye mu nzu y’agacurama asanga ari mu nzu isanzwe iciriritse. Aho yahise avuga ko umuranga yamubeshye, ko bamubwiye ko umugabo afite ibintu byinshi, ariko agezeyo asanga ntacyo afite.”
Sebukwe wa Alice we avuga ko yatakaje byinshi mu bukwe, harimo amafaranga y’inkwano angana n’ibihumbi 700 Frw, akifuza ko yasubizwa ibyo yatakaje.
Yagize ati:
“Ndasaba ko bansubiza ibyo natanze byose, cyane cyane amafaranga y’inkwano n’ibindi byose.”
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murama bwo bwatangaje ko icyo kibazo butari bukizi, ariko buvuga ko bugiye kugikurikirana kugira ngo hamenyekane ukuri.
Umwe mu bayobozi yagize ati:
“Icyo kibazo ntabwo twari tukizi, ariko tugiye kugikurikirana turebe uko byagenze.”
Bamwe mu baturage bagarutse kuri iki kibazo bavuga ko Alice yasuzuguye umuco nyarwanda, kuko nta mugeni wemera gusabwa, agakobwa, agasezerana, hanyuma akanga kubana n’uwo bashyingiranywe.
Boniface, ugaragara nk’uwacitse intege, yavuze ko atari ubwa mbere ahuye n’ibi, kuko yanigeze gushaka abandi bagore bikanga. Yanasobanuye ko afite umwana w’imyaka 18 yabyaye mbere, naho Alice we akaba yarazanye umwana w’imyaka 2.




