• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kamonyi: Umusore w’imyaka 23 yafatiwe mu cyuho asambanya umwana w’imyaka 4

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 26, 2025
in Amakuru
0
Kamonyi: Umusore w’imyaka 23 yafatiwe mu cyuho asambanya umwana w’imyaka 4
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Muyange, Umurenge wa Kayumbu, mu Karere ka Kamonyi, haravugwa inkuru ibabaje y’umwana w’imyaka 4 y’amavuko wasambanyijwe n’umusore w’imyaka 23.

Ibi byabaye ku itariki ya 23 Nzeri 2025, ubwo uwo musore yafatiwe mu cyuho n’abaturage. Ababonye ibyabaye bavuga ko uwo mwana yahise agaragaza ibimenyetso by’ihungabana.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Umwe mu baturage yagize ati:
“Naraje nsanga bamufashe bamufungiranye. Uwo mwana bamubajije uko byagenze, ati ‘Yambwiye ngo agiye kuntera inda’.”

Ababyeyi b’uwo mwana basaba ko ubutabera bwihutishwa. Umwe muri bo yagize ati:
“Dushaka ubutabera kuko uwabikoze arahari, kandi ibisubizo byo kwa muganga nibigaragaza ukuri bigomba kwifashishwa.”

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bujyana umwana kwa muganga kugira ngo avurwe. Kuri ubu, amakuru avuga ko ari gukurikiranwa ndetse akaba yanahawe imiti.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi yabwiye itangazamakuru ko uwo musore yafashwe akajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiyumba mu Karere ka Muhanga. Yagize ati:
“Iki kirego cyakurikiranwe n’inzego z’umutekano. Ucyekwaho icyaha ni umusore w’imyaka 23, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiyumba. Iperereza rirakomeje, kandi niba koko afite ikibazo cyo mu mutwe, bizemezwa n’abaganga n’abashinzwe iperereza.”

Bamwe mu baturage bo bavuga ko uwo musore ashobora kuba afite uburwayi bwo mu mutwe, kuko ngo kenshi yajyaga aza gufasha imirimo iwabo bakamuhemba, ariko akabyanga. No mu rugo rw’uwo muryango kandi bivugwa ko ariho yakoreye ubwo bugizi bwa nabi.

Amategeko ahana y’u Rwanda ateganya ko icyaha cyo gusambanya umwana uri munsi y’imyaka 14 gihanishwa igifungo cya burundu.

Previous Post

Nyanza: Umukecuru w’imyaka 64 yagiye kurega asanga ahubwo niwe bategereje bamwakirana yombi baramugumana

Next Post

Kayonza: Umugabo yashatse umugore bakora ubukwe bageze murugo umugore aramwima bucya umwe yahukana

Next Post
Kayonza: Umugabo yashatse umugore bakora ubukwe bageze murugo umugore aramwima bucya umwe yahukana

Kayonza: Umugabo yashatse umugore bakora ubukwe bageze murugo umugore aramwima bucya umwe yahukana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved