Sindayiheba Alex, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, uyobora Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, yashyikirijwe inzu nshya nyuma yo kumara imyaka atuye mu icumbi rishaje cyane.
Iyo nzu yubatswe ku bufatanye bwa Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyoseze Gatolika ya Cyangugu n’Akarere ka Rusizi.
Sindayiheba yibuka ko inzu yari atuyemo yari igisakaje amabati yahawe na HCR ubwo yari avuye mu nkambi ya Nyarushishi mu 1994, aho yanyagirwaga bikamusaba kujya kugamisha ibikoresho mu baturanyi. Ati:
“Nibyo koko nabaga mu nzu imeze nka nyakatsi. Iyo imvura yagwaga natwikiraga amashashi hejuru kugira ngo tutanyagirwa, kandi hari ubwo nagendaga kubitsa ibikoresho bimwe mu baturanyi begeranye nanjye.”
Uyu muyobozi avuga ko nubwo yari mu bibazo, atigeze yishyira ku rutonde rw’abagombaga kubakirwa kuko atashakaga ko abaturage ayobora bamufata nk’uwikunda. Ati:
“Twatojwe ko umuyobozi adashyira imbere inyungu ze. Niyo mpamvu nigeze kwanga gushyira izina ryanjye ku rutonde rw’ababaye, kugira ngo bitazafatwa nko gukura abaturage mu byabo.”
Umugore we, Uzayisenga Jeannette, ufite abana barindwi na we yemeza ko bari babayeho mu buzima bugoranye. Yagize ati:
“Imvura yagwaga tugatega amazi mu nzu, amabati yari yarashaje cyane. Ariko ubu dufite aho kuba heza, bigiye kudufasha gutekereza ku bindi bikorwa by’iterambere.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Francine Mukakalisa, yashimye ubunyangamugayo bwa Sindayiheba wanze kwifashisha umwanya afite ngo abone inzu mbere y’abandi. Ati:
“Hari abayobozi bamwe banyura mu nzira z’ubusamo bakiyubakira inzu, ariko we yanze kwirutisha abaturage ayobora. Nibyo twakwita ubunyangamugayo.”
Padiri Irakoze Hyacinthe, wahoze ayobora Caritas n’Ubutabera n’Amahoro muri Diyoseze ya Cyangugu, yavuze ko iki gikorwa ari kimwe mu buryo Kiliziya ishyira mu bikorwa ubutumwa bwayo. Ati:
“Twasabye umurenge badutoranyiriza uwo gufasha, tumwubakira inzu inoze. Tuyimuhaye irimo ibikoresho by’ibanze n’ibiribwa bike. Roho nziza ikwiye gutura mu mubiri mwiza, naho umubiri mwiza ukabaho ahantu heza.”
Inzu yubakiwe umuryango wa Sindayiheba ifite agaciro ka miliyoni 8,5 Frw irimo n’ibikoresho by’imbere. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko bugifite abaturage 140 badafite aho kuba n’abandi barenga 1,200 bafite amazu ameze nabi. Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyoseze ya Cyangugu nayo itangaza ko muri uyu mwaka w’ubutumwa izubakira imiryango ine itishoboye, babiri bo muri Rusizi n’abandi babiri muri Nyamasheke.






