• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

CANAL+ yaguze indi sosiyete byari bihanganye hano muri afurika

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 26, 2025
in IMYIDAGADURO
0
CANAL+ yaguze indi sosiyete byari bihanganye hano muri afurika
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Sosiyete y’amakuru n’imyidagaduro Canal+ Group ikorera mu Bufaransa, yamaze kugura MultiChoice Group, imwe mu bigo bikomeye muri Afurika mu bijyanye n’itangazamakuru n’imyidagaduro.

MultiChoice izwi cyane kubera serivisi zayo za televiziyo n’imbuga z’amashusho zirimo DStv, M-Net, GOtv, SuperSport na Showmax, ikaba ifite abakiliya ku mugabane wa Afurika no hanze yawo. Uretse ibyo, ifite n’ibigo bikora mu mutekano w’ikoranabuhanga nka Irdeto na Namola, ndetse n’isosiyete y’imikino y’amahirwe BetKing ikorera cyane muri Nigeria.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Canal+, isanzwe ifite abakiliya barenga miliyoni 40 mu bihugu bisaga 70 ku migabane itandukanye, yatangaje ko yagurishije miliyoni 2,02$ kugira ngo yegukane MultiChoice. Ibi byatumye yunguka isoko rishya ry’ibihugu birenga 50 aho MultiChoice yakoreraga.

Umuyobozi wa Canal+ Group, Maxime Saada, yavuze ko ubu bufatanye ari intambwe ikomeye mu guhuza imbaraga z’ibigo byombi, ati: “Ibi bitwereka ubushobozi bwo gushora imari mu guhanga udushya haba ku mugabane w’u Burayi, muri Afurika ndetse na Asia.”

Mu kwezi kwa Mata 2024, Canal+ yari yatangaje ko ifite umugambi wo kugura MultiChoice, hanyuma nyuma y’amezi abiri ivuga ko ibiganiro by’amategeko n’amabwiriza biri kugenda neza kugeza ubwo amasezerano yasinywe burundu.

Nyuma yo kwegukana MultiChoice, Canal+ yatangaje ko igiye kurushaho gufatanya n’abanyafurika mu bijyanye n’isoko ryo gucuruza amajwi n’amashusho, haba ku bigo binini cyangwa ibito.

Umuyobozi wa Canal+ Africa, Calvo Mawela, yagize ati: “Iyi mikoranire mishya izatuma habaho amahirwe mashya n’inyungu ku bigo byacu ndetse no ku isoko rya Afurika muri rusange.”

Previous Post

Ngororero: Gitifu yakubise umuturage amuvuna ukuboko

Next Post

Bafashwe ntaho baragera: Polisi yafashe abantu batatu bari bafite urumogi bashaka kurwinjiza kigali

Next Post
Bafashwe ntaho baragera: Polisi yafashe abantu batatu bari bafite urumogi bashaka kurwinjiza kigali

Bafashwe ntaho baragera: Polisi yafashe abantu batatu bari bafite urumogi bashaka kurwinjiza kigali

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved