• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Huye: Rurageretse hagati y’abanyerondo n’abaturage

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 25, 2025
in Amakuru
0
Huye: Rurageretse hagati y’abanyerondo n’abaturage
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, baravuga ko hari bamwe mu banyerondo batabafasha kubarinda, ahubwo bakekwa ko baba bafitanye isano n’ibikorwa by’ubujura n’urugomo bibera muri ako gace.

Iki kibazo cyugarije cyane abatuye mu Mudugudu wa Berwa, Akagari ka Gitwa. Bavuga ko bagiye bahura n’ababatega ku mihanda bakabambura ibyabo, rimwe na rimwe bakabakomeretsa, kandi ngo hari ubwo ibyo bikorwa bikorwa abanyerondo bahari ariko ntibagire icyo bakora.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nyiraneza, umwe mu baturage, yagize ati:“Hari ubwo abantu bamburwa ibyo bafite abanyerondo babireba ntibagire icyo bakora. Iherutse habayeho n’umuganga watezwe arakomereka, abo banyerondo bahari ariko ntawamufashije. Twanigeze kubona umuntu wishwe muri aka gace, ntituzi icyamwishe.”

Kagabo Eric na we yunzemo ati:“Abanyeshuri bakunze kwamburwa telefone n’ibindi bikoresho bavuye kwiga, ndetse bamwe bakanahohoterwa.”

Mukakamari Mediatrice avuga ko ibi bikorwa bimaze kuba ikibazo gikomeye:“Iyo baguteye bakagusaba ibyo ufite udabibahaye baragukomeretsa, rimwe na rimwe bakakwica. Hari abantu benshi tumaze kubona bakomerekejwe cyangwa bambuwe.”

Ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Umuvugizi wayo CIP Hassan Kamanzi yatangaje ko iperereza rigomba gukorwa kugira ngo ababyitwaramo nabi bose bakurikiranwe.

Yagize ati:“Turashishikariza abaturage gutanga amakuru kuri Polisi igihe bahohotewe cyangwa bazi abagize uruhare muri ibi bikorwa. Umunyerondo wese ushyira imbere ibihabanye n’inshingano ze na we azabibazwa.”

Abaturage bavuga ko akenshi abishora mu bujura muri Tumba ari abantu baba baje mu mujyi gushakisha akazi ko kwahirira amatungo cyangwa andi murimo, ariko bakabura ibyo bakora bakishora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Previous Post

Umuvugizi w’abafana b’ikipe ya APR Jangwani yahakanye yivuye inyuma ibimaze iminsi bimuvugwaho

Next Post

Gatsibo: Uburaya bwafashe indi ntera mu ngo mu bana n’abasaza

Next Post
Gatsibo: Uburaya bwafashe indi ntera mu ngo mu bana n’abasaza

Gatsibo: Uburaya bwafashe indi ntera mu ngo mu bana n'abasaza

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved