• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Abahoraga baribata imyaka y’abaturage ngo bashaka zahabu baguwe gitumo na Drone

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 25, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Abahoraga baribata imyaka y’abaturage ngo bashaka zahabu baguwe gitumo na Drone
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Musanze yafashe abantu 24 bakurikiranyweho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, aho bangiza imyaka n’imirima y’abaturage.

Iyi operasiyo yabaye mu gitondo cyo ku wa 24 Nzeri 2025, mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza, ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya drones.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yavuze ko gufatwa kw’aba bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi igahita ikoresha drone ibakurikirana. Yongeyeho ko mbere yo kugera ku rwego rwo kubafata, abaturage baba barabanje guhabwa inyigisho ku ngaruka z’ibi bikorwa byangiza imirima, ubutaka n’ibidukikije.

IP Ngirabakunzi yagize ati: “Dutanga ubukangurambaga n’inama, ariko iyo bigaragara ko hari abananiranye bagakomeza kwangiza bagenzi babo no gucukura mu buryo bunyuranyije n’amategeko, tugomba kubakurikirana kugira ngo biharwe n’amategeko.”

Polisi ikomeza gushimangira ko ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bikomeje guhangayikishiriza abaturage hirya no hino mu gihugu, ikaba ikangurira ababishoramo kubireka bakareka gusubiza inyuma iterambere ry’abaturanyi babo.

Abatawe muri yombi ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza, aho bari gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe.

IVOMO:umuseke

Previous Post

Shampiyona y’Isi y’Amagare: Australia yegukanye Zahabu muri Mixed Relay, u Rwanda rusoreza ku mwanya wa 11

Next Post

Umuvugizi w’abafana b’ikipe ya APR Jangwani yahakanye yivuye inyuma ibimaze iminsi bimuvugwaho

Next Post
Umuvugizi w’abafana b’ikipe ya APR Jangwani yahakanye yivuye inyuma ibimaze iminsi bimuvugwaho

Umuvugizi w'abafana b'ikipe ya APR Jangwani yahakanye yivuye inyuma ibimaze iminsi bimuvugwaho

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved