• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Namibia: Imbogo zirenga 80 zapfuye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 24, 2025
in Amakuru
0
Namibia: Imbogo zirenga 80 zapfuye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisiteri y’Ibidukikije, Amashyamba n’Ubukerarugendo ya Namibia yatangaje ko imbogo zirenga 80 zapfiriye mu ruzi rwa Chobe, nyuma yo kwikandagirana ubwo zari zihunga intare zivuye muri Botswana.

Iyi minisiteri ivuga ko ubwo izo nyamaswa zageraga ku manga ndende iri ku nkengero z’uru ruzi, zahanantuye zose icyarimwe, bikarangira nyinshi zirohamye.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Abategetsi bibukije ko mu bihe byashize habaye impanuka nk’iyi. Mu mwaka wa 2018, imbogo hafi 400 zapfuye mu buryo busa n’ubu mu ruzi rwa Chobe. Uru ruzi ruca muri parike y’igihugu ya Chobe yo muri Botswana, imwe mu zikurura ba mukerarugendo benshi kubera kubamo inzovu, imbogo n’utundi dusumbashyamba twinshi.

Mbeha Tadeus, umuyobozi w’icyanya cya Kabulabula muri Namibia, yabwiye BBC ko imbogo zapfuye zari mu mukumbi zihunga intare zo muri parike ya Chobe. Ati: “Iyo intare zirukankanye imbogo, zikunda kwambukira ku ruhande rwa Namibia, bikaba intandaro yo gukandagirana.”

Ndeshipanda Hamunyela, umuvugizi wa Minisiteri y’Ibidukikije ya Namibia, yemeje ko imbogo zavaga muri Botswana, ariko ntiyashimangiye niba zari izo muri parike ya Chobe. Yavuze kandi ko inyama zazo zizagabanywa abaturage bo mu gace byabereyemo.

Mu mashusho yatangajwe na Televiziyo NBC ya Namibia ku rubuga rwa X, hagaragaramo abaturage bari mu bikorwa byo kugabana inyama ku nkombe z’uruzi. NBC yatangaje ko ibi byabaye ku wa kabiri mu gitondo.

Previous Post

Perezida wa UCI yasobanuye impamvu bahisemo ko shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare ibera mu Rwanda

Next Post

Shampiyona y’Isi y’Amagare: Australia yegukanye Zahabu muri Mixed Relay, u Rwanda rusoreza ku mwanya wa 11

Next Post
Shampiyona y’Isi y’Amagare: Australia yegukanye Zahabu muri Mixed Relay, u Rwanda rusoreza ku mwanya wa 11

Shampiyona y’Isi y’Amagare: Australia yegukanye Zahabu muri Mixed Relay, u Rwanda rusoreza ku mwanya wa 11

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved